• Sat. May 18th, 2024

M23 yanyomoje amakuru ya radio okapi avuga ko yateye ibisasu muri Kibirizi bigasiga bihitanye abasivile.

Share with others

Umutwe wa M23 wanyomoje amakuru yatangajwe na Radio Okapi avuga ko uwo mutwe wateye ibisasu muri Kibirizi bikagira abo byica n’abo bikomeretsa.

M23 yanyomoje ay’amakuru binyuze ku muhuza bikorwa wayo, bwana Benjamin Mbonimpa, aho yakoresheje urubuga rwe rwa X, y’amagana ibya tangajwe na Radio Okapi.

Nk’uko radio okapi yari yatangaje n’uko yavuze ko ku munsi w’ejo hashize tariki ya 27/04/2024, M23 yateye ibisasu muri Kibirizi, ho muri teritware ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bigasiga bihitanye abasivile babiri bikomeretsa abandi batatu.

Amakuru ya radio okapi akomeza avuga ko ibyo bisasu, bya nasenye n’amazu atatu y’abatutage ndetse ko byangirije n’ibirimo n’ibikorwa remezo.

Iy’i radio ikavuga ko ayo makuru yayavanye mu nzego zishinzwe umutekano.

Ibi nibyo Benjamin Mbonimpa wo muri M23 yise amakuru ya propaganda z’abanyamakuru ba korera mu kwaha ku butegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Yagize ati: “Nigute M23 ubwayo yo kwirasira muri Kibirizi, kandi ariyo ihagenzura kuva mbere? Ibyo ni propaganda z’u butegetsi bwa Kinshasa. Erega mwavuniye ibiti mu matwi no kumva ntimwumva.”

Yakomeje agira ati: “Ingabo za Kinshasa ziri gukora ibyaha muri Rwindi na Kibirizi ku gira ngo birukane M23.”

Ubutumwa bwa Benjamin Mbonimpa bunavuga ko Kibirizi kugeza ubu ikigenzurwa na M23, bityo ko ibitero ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa byagabwe mu birindiro byabo n’ahatuwe n’abaturage ko kandi aribyo byasenyeye abaturage byica abasivile bagera kuri 2 bikomeretsa abarenga batatu.

Ibyo bitero bya FARDC, Wazalendo, Ingabo z’u Burundi, abacanshuro, FDLR na SADC byo ngeye gutuma abaturage bata izabo bamwe bahungira mu bihuru harimo n’abahungiye i Minova mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Imyaka igiye kuba itatu hari uguhangana gukomeye hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa. Ki mweho M23 ikomeje kuja imbere ari nako yirukana abo bahanganye, bigatuma ikomeza kwigarurira ibice byinshi byo muri teritware ya Masisi, Rutshuru na Nyiragongo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

          MCN.

By Bruce

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

One thought on “M23 yanyomoje amakuru ya radio okapi avuga ko yateye ibisasu muri Kibirizi bigasiga bihitanye abasivile.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *