• Sun. May 19th, 2024

Ibisasu biremereye by’ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bikomeje kw’i basira abasivile muri Masisi.

Share with others

Karuba na Mushaki, muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, harashwe ibisasu biremereye birashwe n’ihuriro ry’Ingabo zirwana k’uruhande rwa Guverinoma ya Kinshasa.

Ni kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 31/01/2024, ririya huriro ry’ingabo zirwana k’uruhande rwa leta ya Kinshasa, aho bivugwa ko biriya bisasu ba birashe igihe c’isaha z’igitondo cyakare cyo kuri uy’umunsi.

Minembwe Capital News, yabwiwe ko biriya bisasu ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zabirasaga baherereye kure ya Karuba na Mushaki.

Ahagana isaha z’umugoroba wajoro w’ejo hashize, itariki ya 30/01/2024, umuvugizi wa M23 mu bya politike, Lawrence Kanyuka, yashize inyandiko hanze akoresheje urubuga rwe rwa X, y’amagana ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kurasa ibisasu biremereye ahatuwe n’abaturage.

Inyandiko ze zavuga ko abarwana k’uruhande rwa leta ya Kinshasa, ko bakomeje kwibasira abasevile ahanini, avuga ko abaturage bakunze kw’i basirwa ari abaturage baturiye ibice byo muri teritware ya Masisi.

Kanyuka yagize ati: “Ihuriro rigizwe n’imitwe y’itwaje imbunda ifasha FARDC ku turwanya bafatanije n’ingabo za SADC, bagabye ibitero mu baturage baturiye Karuba na Mushaki no mu nkengero zaho, muri teritware ya Masisi.”

Mur’izo nyandiko za Lawrence Kanyuka kandi, yashinje ingabo z’u muryango w’Abibumbye (MONUSCO), kuba n’abo b’injiye mu rugamba aho yagaragaje ko barashe bakoresheje indege za MONUSCO bibasira imihana y’abaturage bahereye muri teritware ya Rutsuru.

Yasoje avuga ati: “M23 iributsa imiryango ivuganira ikiremwa muntu, kugoboka Abaturage bari mukaga kava kungaruka z’ubutegetsi bubi, bwa Perezida Félix Tshisekedi.”

Tu bibutse ko k’u munsi w’ejo hashize, tariki ya 30/01/2024, ko habaye ibitero biremereye, ni mugihe ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa, zagabye ibitero mugihe bashakaga kw’isubiza uduce baheruka kwa mburwa na M23, uduce turi mu nkengero za Sake.

Bruce Bahanda.

By Bruce

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.