• Sun. May 19th, 2024

Guverinoma ya Kenya, yafashye ingamba zikomeye zo kurwanya umwanda.

Share with others

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Kenya bwa bujije ikoreshwa ry’imifuka ya pulasitike (amashashi) yafashaga mu gukusanya imyanda.

Ni itegeko ryasohotse bwa mbere muri 2017 ribuza amashashi ya pulasitike akoreshwa mungo no mu bucuruzi.Ibi Abanyakenya ntabwo bigeze ba byubahiriza muburyo bwo gukumira umwanda.

Urugero, umurwa mukuru w’igihugu cya Kenya, Nairobi utanga toni zigera ku 2,400 z’imyanda ikomeye yaburimunsi, icya gatanu cyawo kikaba ari plastike.

Ariko ubu, ubu birasa nkaho Kenya yateye indi ntambwe ikomeye mu kurwanya umwanda wamashashi na pulasitike.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imicungire y’ibidukikije (NEMA) cyatangaje ko kibujije ikoreshwa ry’imifuka ya pulasitike mu gukusanya imyanda hirya no hino mu gihugu, kivuga ko nyuma y’iminsi 90 ubwo ni nyuma y’itariki ya 08/04/2024, igihe itangazo ryatangwaga bwa mbere, imifuka ya pulasitike ntizoba iki cyemerwa ku masoko.

Byongeye kandi, imyanda yose ivanwa mungo, haba mu bigo bya leta n’abikorera ku giti cyabo, imikorere n’ibikorwa, igomba gutandukanywa igashyirwa mu mifuka y’imyanda ya bugenewe.

                    MCN.

By Bruce

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *