• Mon. Jul 8th, 2024

Byamaze kumenyekana Ko RDC Yaguze Indege Zintambara Mubushinwa Zizayifasha Guhangana N’a M23.

ByBruce

May 22, 2023
Share with others

Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yaguze Drones z’intambara izikuye mugihugu cu Bushinwa ngo zifashe igisirikare cabo guhangana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.

Yanditswe na: Bruce Bahanda, k’witariki ya 22.05.2023, saa 7:10 pm, Kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Drone zigera kuri Zitatu(3), zomubwoko bwa CH-4, zageze mucumweru gishize i Kinshasa kumurwa mukuru waho, ziguzwe nigisirikare cyiki gihugu nkuko ayamakuru tuyasanga kurubuga rwa
Africa Intelligence.

Izo drone zikaba zaraguriwe mugihugu cu Bushinwa mukigo cya China Aerospace Science and Technology Corporation(CASC).

Leta ya Président Félix Antoine Tshisekedi, iguze izi Drone kugira bazazifashije muguhangana ninyeshamba za M23, nkuko Africa Intelligence, ikomeza ibitangaza.

Byanatangajwe ko kandi ukwezi kwa 9 uyu mwaka 2023, bazakira izindi drone zitatu ndetse nomumpera z’uyu mwaka mukwezi kwa 12 bazoherezwa izindi nazo zitatu.

Gusa kurubu haragahengwe kamahoro Muburasirazuba bw’iki gihugu kumpande zombi, ariko hari amakuru avuga ko FARDC cyangwa M23 bakomeje kwisuganya ku buryo hari ubwoba bw’uko imirwano ikomeye ishobora kubura.

Mucumweru gishize, byatangajwe ko ingabo za Republika ya Democrasi Congo (Fardc), zakomeje kohereza ibibunde bikaze muri Teritware ya Masisi ndetse no muri Kibumba iherereye muri Teritware ya Nyiragongo.

Ni nyuma y’uko impande zombi zinaniwe gushyira iherezo ku makimbirane zifitanye biciye mu nzira ya dipolomasi.

Usibye izi drones, iki gihugu kinamaze iminsi mu biganiro n’u Bushinwa bwifuza kukigurisha indege z’intambara zo mu bwoko bwa Chengdu FC-1 Xialong ndetse n’izindi zo mu bwoko bwa Chengdu J-10.

Byitezwe ko iby’izi ndege bishobora kuganirwaho mu mpera z’uku kwezi hagati ya Président Félix Antoine Tshisekedi na mugenzi we Xi Jinping, ubwo uyu Perezida wa Congo Kinshasa azaba yasuye u Bushinwa.

Drones zo mu bwoko bwa CH-4 Congo yakiriye byitezwe ko zigomba kwiyongeraho izindi zo mu bwoko bwa MQ-9 Reaper z’Inyamerika, zikazaba zifite ibirindiro ku kibuga cy’indege cya gisirikare cya Kavumu giherereye mu bilometero bibarirwa muri 30 ugana mu majyaruguru y’umujyi wa Bukavu.

By Bruce

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.