• Mon. Jul 8th, 2024

Ingabo z’u Burundi, zongeye gukubita ziruzura, k’u butaka bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Share with others

Ingabo z’u Burundi zongeye gukubita ziruzura muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Byavuzwe ko i santire (Centre), ya Nyangezi, muri teritware ya Walungu, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, mu Gihugu ca RDC, ko hongeye kugera abasirikare b’u Burundi benshi ba barirwa mu bihumbi.

Nk’uko iy’i nkuru igera kuri Minembwe Capital News, ivuga ko bariya basirikare b’u Burundi ko bambutse ku wa Mbere, tariki 04/12/2023, kuri ubu bakaba bari muri Centre ya Nyangezi, berekeza i Goma.

Umwe mubari kubona bariya basirikare b’u Burundi, utashatse kwivuga izina, ku bw’u mutekano we, yagize ati: “Muri centre ya Nyangezi haraca uwambaye kubera aga centre kose kahindutse abasirikare b’u Burundi gusa. Bamwe muribo batubwiye ko bagiye kurwanya M23 mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.”

Ibi bi baye mugihe imirwano yongeye gukomera mur’iyi minsi itatu kuva ku Cyumweru, k’uwa Mbere nokuri uyu wa Kabiri. N’imirwano ikomeje kubera muri teritware ya Masisi, aho bivugwa ko ingabo z’u Burundi kozamaze kwinjira mu rugamba rweruye na M23. Ibi byanemejwe n’umuvugizi wa M23 mu bya politike bwana Lawrence Kanyuka, aho yashimangiye abihamya ko FARDC, FDLR, Wagner na Wazalendo kobamaze kwifatanya n’Ingabo z’u Burundi, z’ibarizwa muri Kivu y’Amajyaruguru.

Gusa umuvugizi w’igisirikare c’u Burundi nyuma y’uko M23 itangaje ko ingabo z’u Burundi zinjiye mu mirwano, nabo uriya muvugizi w’igisirikare c’u Burundi nawe yarabihakanye anyomoza u mutwe wa M23.

Ati: “Ibyo u mutwe wa M23 uvuga ko twinjiye mu mirwano n’ibinyoma byambaye ubusa. Twebwe ingabo zacu zagumye aho zatumwe.”

N’ubwo biruko abasirikare benshi b’u Burundi bakomeje gupfira muri teritware ya Masisi, muntambara bahanganyemo n’uriya mutwe wa M23. Amakuru yatangajwe n’ibinyamaku by’u Burundi muriki Gitondo co kuri uyu wa Gatatu, tariki 06/12/2023, bavuze ko hamenyekanye ko “abasirikare b’u Burundi ba barirwa 25 ko bapfuye abandi barakomereka ndetse n’abandi benshi ba burirwa irengero.”

Bruce Bahanda.

By Bruce

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.