• Wed. Jul 3rd, 2024

Impuruza ku cyorezo cy’amayobera cyadutse, muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

ByBruce

Jun 7, 2024 #Icyorezo, #Kivu, #Rdc
Share with others

Impuruza ku cyorezo cy’amayobera cyadutse, kikaba kiri gufata abagabo n’abagore muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni cyorezo cy’amayobera cyadutse, kiri gufata abagabo basambanye badakoresheje agakingirizo.

Amakuru dukesha abaturage, avuga ko iki cyorezo ko cyagaragaye muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajy’epfo, muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Kandi kikaba kiri gufata gusa ku ibitsina gabo n’agore byababa bakoze imibonano mpuza bitsina idakingiye.

Abaturage bavuze ko iki cyorezo gihangayikishije abatuye muri ibi bice kuko ngo abacyanduye batabasha gukora imibonano mpuza bitsina nk’uko byari bisanzwe.

Imiterere y’iyi ndwara impamvu ibahangayikishije, ngo ni uko yatangiye ari imiburu mito ifata ku bitsina byaba ibyabagabo n’abagore ariko uko iminsi igenda ishira igenda ikura ikabyimba kugeza imenetse ku buryo bidashobora gutuma imibonano ikorwa.

Abakurikiranira hafi iby’iki cyorezo kimaze hafi ukwezi, bavuga ko kugeza ubu bataramenya igitera ubu burwayi kuko bagikomeje gushakisha nyirabayazana, gusa ngo bakeka ko cyaba gituruka ku nkende.

Mu gihe hagikorwa iperereza, abaturage batarashinga ingo zabo bakwiye kwirinda imibonano mpuza bitsina idakingiye kuko ubu burwayi ari hamwe mu ho bufatira cyane.

                 MCN.

By Bruce

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *