• Sun. Sep 15th, 2024

Byinshi wa menya ku baherwe batanu bakize kurusha abandi muri Afrika.

ByBruce

Sep 1, 2024 #Abaherwe, #Muri Afrika
Share with others

Byinshi wa menya ku baherwe batanu bakize kurusha abandi muri Afrika.

Aya makuru ni avuga ku baherwe batanu batunze agatubutse ku mugabane wa Afrika muri uyu mwaka w’2024, nk’uko tubikesha urubuga rwa Bloomberg.

Muri aba baherwe, ku mwanya wa mbere haza Johann Rupert warazwe imitungo na se.

Kuri aya makuru avuga abagabo batunze cyane kurusha abandi muri Afrika, dusanga harabayeho impinduka nko kubona Aliko Dagote wari umaze igihe kirekire ariwe mugabo ukize cyane kuri uyu mugabane wa Afrika, yasimbuwe na Johann Rupert.

Uyu mugabo Rupert afite imyaka 74, ni umuherwe utunze za miliyari z’amadolari. Avuka mu gihugu cya Afrika y’Epfo niwe mugabo ukize muri Afrika kuruta abandi. Asanzwe ahagarariye kompanyi nini ku Isi icuruza ibintu by’agaciro kanini.

Umutungo we warazamutse uva kuri miliyari 1,9$ ugera kuri miliyari 14.3$, ubu ari ku mwanya wa 147 ku rutonde rw’isi.

Uyu mugabo anafite kandi kompanyi ya Richemont ikorera mu Busuwisi, ibindi afite birimo Remgro, Kompanyi yo muri Afrika y’Epfo ifite imigabane muri kompanyi zirenga 30 z’imodoka.

Rupert yarazwe umutungo w’umuryango wa se, Anton Rupert, arangije arawagura.

Ropert yize ubukungu muri University of Stellenbosch ariko mu 1984 ayivamo ararangije asanga se, mu bucuruzi.

Ropert ni umuntu wakunze kuvuga yeruye kuri politiki ya Afrika y’Epfo kandi yamaganye ubutegetsi bw’abazungu bagenderaga ku ironda ruhu. Yanagiye kandi ahabwa ibihembo byinshi kubera ibikorwa bye by’ubucuruzi.

Uyu muherwe atuye i Cap Town, aho afite ibikorwa byinshi ahakora, ariko anafite imitungo mu gihugu cy’u Busuwisi ni London mu Bwongereza.

  1. Aliko Dangote

Aliko Dangote afite imyaka 66 y’amavuko, akomoka muri Nigeria ni we uri ku mwanya wa kabiri mu batunze byinshi muri Afrika. Ahanini ubutunzi bwe bwagiye buva mu nganda zikora sima n’isukari.Umwaka ushize yafunguye uruganda rutunganya ibikomoka kuri peteroli mu murwa mukuru w’ubukungu i Logos muri Nigeria.

Kimweho mu ntangiriro z’uyu mwaka, ikinyamakuru Forbes Magazine cyatangaje ko Dangote ariwe uri ku mwanya wa mbere mu b’Anyafrika batunze agatubutse nubwo muri iki gihugu cye, hagiye haba ibibzo mu bukungu.

Aliko Dangote yagiye anashyirwa ku mwanya wa mbere mu batunze kurusha abandi muri Afrika , aza inshuro 13 zikurikiranya, ariko ubu urubuga rwa Bloomberg rwa mushize ku mwanya wa kabiri muri Afrika no ku wa 159 ku Isi.

  1. Nicky Openheimer

Afite imyaka 79 y’amavuko, atunze za miliyari z’amadolari, avuka mu gihugu cya Afrika y’Epfo, ni uwa Gatatu ku rutonde rw’abaherwe muri Afrika, aho afite miliyari 11.3$. ku rwego rw’isi ari ku mwanya wa 213. Papa we afite amamuko yo mu gihugu cy’u Busuwisi.

Yakijijwe na kompanyi ya De Beers icukura amabuye y’agaciro, ndetse anafite indi yitwa Diomond Trading Company nayo icuruza ibikomoka ku mabuye y’agaciro.

  1. Nassef Sawiris

Ni umuherwe ufite imyaka 63 y’amavuko, ni uwo mu gihugu cya Misiri, atunze miliyari 9.48$. yize ibijyanye n’imari muri kaminuza ya Chicago muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika. Afite kompanyi y’ubwubatsi yitwa ‘Orascom construction.’ Uyu mugabo kandi afite n’imigabane muri Addidas ndetse ni nawe muyobozi mukuru w’ikipe ya Aston Villa FC yo mu Bwongereza. Ku rwego rw’isi aza ku mwanya wa 278 mu bakize kurusha abandi, mu gihe muri Afrika ho aza ku mwanya wa 4.

  1. Natie Kirsh

Uyu ni umugabo w’imyaka 92 Natie Kirsh akomoka mu gihugu cya Afrika y’Epfo. Atunze miliyari 9.22$ z’amadolari y’Amerika. Niwe washinze kompanyi y’ubucuruzi ya Kirsh Group , yanafunguye kandi izindi kompanyi zitandukanye mu bihugu byinshi, mu Bwongereza, Australia n’ahandi.

               MCN.

By Bruce

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *