Ingabo za SADC zikomeje guha imyitozo ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, mu rwego rwo kugira ngo barwanye M23.
Ni mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, abasirikare b’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo bariguhererwa inyigisho zigamije gukomeza icyo gisirikare mu buryo bwo kugira bahashye abarwanyi ba M23.
Ku mbuga nkoranya mbaga hari kwerekwanwa n’amashusho agaragaza ingabo ziri mu butumwa bwiswe ‘SAMIDRC,’ bari gutoza FARDC kurasa ibibumda biremereye, ndetse bari gukora n’indi myitozo ya gisirikare itandukanye.
Ingabo zo mu muryango ugamije iterambere ry’Afrika y’Amajy’epfo, SADC, abo hereje mu Burasirazuba bwa RDC, bagizwe n’ingabo za Afrika y’Epfo, Malawi na Tanzania.
Ubutumwa bwatanzwe n’umunyamabanga mukuru wa SADC, yavuze ko “ingabo za SADC ziri gufasha igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, imyitozo igamije guhashya umutwe wa M23.”
Ubwo butumwa buvuga kandi buti: “Nka bimwe mu bikubiye mu butumwa bwa SAMIDRC, bari guha imyitozo ingabo za FARDC mu bikorwa bitandukanye.”
Ubu butumwa bukomeza buvuga ko “iy’imyitozo igamije kuzamura urwego mu mirwanire ndetse n’imikoranire ya SADC.”
Ubutumwa bwa SADC muri RDC, bunashigikiwe n’umuryango w’Afrika yunze ubumwe, ninyuma y’uko uyu muryango utangaje ko ingabo za SADC zigomba guhabwa Ubufasha mu ntambara bahanganyemo na M23.
Kimweho mu Cyumweru gishize hari havuzwe ubwumvikane buke hagati ya FARDC n’ingabo za SADC, muri icyo gihe bya vuzwe ko hagaragaye n’abamwe mu basirikare ba SADC bari guhungira i Bukavu, k’umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajy’epfo.
Ayo makuru yavuga ko SADC ishinjwa gutererana FARDC ku rugamba, bigatuma M23 ikomeza kwigarurira indi mijyi, nka Nyanzale, Rwindi n’ahandi.
Hagati aho ubwoba nibwinshi ku baturage baturiye intara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’uko bashinje igisirikare cya Congo guhunga mu mijyi imwe n’imwe mu gihe M23 ibigeze hafi aho.
Muri imwe mijyi bivurwa ko FARDC yayihunze imirwano itaraba, hari Rwindi, Somikivu, Vitshumbi n’abandi.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.