Leta y’u Rwanda yavuze ko yo idashobora gufata icyemezo nk’icyo u Burundi bwafashe cyo gufunga imipaka ihuza ibihugu byombi.
K’u wa Kane, tariki ya 11/01/2024, n’ibwo leta y’u Burundi yafashe ingingo y’ihuse yogufunga imipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi. Icyogihe minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu c’u Burundi Martin Niteretse, yahise atangaza ko nta muntu wemerewe gukoresha inzira yo k’ubutaka ya mbukiranya ibihugu byombi.
Martin, yashimangiye ko badashaka ko Abanyarwanda iki cyemezo cyasanze bakiri mu Burundi bagomba gutaha.
Nyuma y’ubu gato leta ya Kigali yasohoye itangazo rimenyesha ko ibabajwe nibyo u Burundi bwa fashe byo gukinga imipaka ko kandi binyuranye n’amategeko agenga imigenderanire n’u muryango w’Afrika y’iburasirazuba(EAC).
Umuvugizi wa Guverinema ya Kigali Alain Mukuralinda yavuze ko Abanywanda bakiri k’u butaka bw’u Burundi bagomba kwitabwaho na leta y’u Burundi.
Yagize ati: “Ugomba gukora ibishoboka byose umutekano w’Abanyarwanda udashaka ku butaka bwawe uka w’ubahiriza kugeza igihe bazinjirira mu gihugu cyabo.”
Mukuralinda yashimangiye ko u Rwanda icyo rwa kora ari u kwakira Abanyarwanda birukanwe mu gihugu c’u Burundi mu gihe baba bageze k’u mipaka.
Yagize ati: “Ariko nta bwo ari u Rwanda rwavuga ngo rugiye kwinjira mu Burundi rugiye kubazana, nkekereka u Burundi bubitangiye uburenganzira.”
Yakomeje avuga ko u Rwanda rutarabona Abanyarwanda birukanwe mu Burundi ngo n’ubwo bikomeje kuvugwa mu makuru.
Ati: “Nta Banyarwanda turabona birukanwe mu Burundi. Hari abari bariyo batuyeyo , hari n’abari mu bucuruzi byenda nabigayo.”
Umuvugizi wa Guverinema y’u Rwanda yahumurije Abarundi batuye mu gihugu c’u Rwanda ko ntacyo bazaba , ati: “Rwose Abarundi batuye mu gihugu c’u Rwanda baryame basinzire ntacyo bazaba bakore ibyo bagomba gukora ntacyo bikanga kubera ingingo leta y’u Burundi yafashe yo gufunga imipaka.”
Gusa Minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Guverinema y’u Burundi, Albert Shingiro mu Nama yakoranye n’Inteko Nshinga mategeko y’u Burundi, yavuze ko igihugu cye cyafunze imipaka yo k’ubutaka gusa ariko iy’ikirere ifunguye kuri buri wese. Iy’i Nama yabaye ejo hashize k’u wa Gatanu.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.