Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo(FARDC), zikorera mu bice byo muri Komine ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, zongeye guhabwa amafranga y’ibyokurya, ayo bita aya “Ration.”
Ni kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 03/01/2024, Colonel Alexis Rugabisha, yongeye kugera mu Minembwe, avuye i Bukavu, k’umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajy’epfo, aho yaje azaniye abasirikare ifaranga za “Ration,” bari bamaze igihe kirekire badahabwa na Kinshasa.
Amakuru yizewe Minembwe Capital News, imaze kwakira avuga ko bariya basirikare bo muri brigade ya 12, ikorera mu misozi miremire y’Imulenge, bari bamaze igihe kingana n’Amezi arenga atandatu, badahabwa amafranga, zaba, iz’umushahara, cyangwa ifranga za “Ration,” bivuze, iz’i byo kurya.
Ibi byari bimaze gutera amapfa mu basirikare aho ndetse byari bimaze ku menyekana ko bamwe muribo bagiye, bambura imyambaro ya Gisirikare bakambara iya gisevile, kugira ngo “bahingire abaturage, nabo babahe ibyo barya.”
Amakuru yatanzwe n’abamwe mu Ngabo za RDC, agira ati: “Ingabo za RDC, zimaze igihe mu mihangayiko, muri bimwe bitunze Ingabo za FARDC, harimo [ubujura], biba mu rwego rwo kugira ngo ba beho.”
Ibi bikaba byaratumye Inzara ivuza, ubuhuha mu Ngabo za Fardc, mu Minembwe, arinabyo byari byarakuruye ubujura bwinshi mu mirima y’abaturage.
Mu mezi make ashize havuzwe ko abasirikare bari mu Minembwe, bakoze amasengesho y’iminsi irenga itanu basaba Imana yo mw’Injuru, guha leta ya Kinshasa, umutima urengera abasirikare b’igihugu cyabo.
Ahari, Imana yoba y’umvise gusenga kw’a basirikare bo muri brigade ya 12, Bibilia, igira iti: “Musabe muzahabwa,” tubisanga mu gitabo cya Matayo 7:7.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.