Munama yi Luanda kuruyu wa Kabiri, yahuje imiryango ine irimo EAC na SADC, habaye gushimira Perezida Kagame na Tshisekedi maze bamagana Imitwe y’inyeshamba irimo FDLR.
Kumunsi w’ejo hashize tariki 27/06/2023, i Luanda habereye Inama yahuje imiryango itandukanye irimo umuryango wa Afrika y’iburasirazuba ( EAC), umuryango w’Ubukungu w’ibihugu bya Afrika y’Amajyepfo (SADC), uw’Ibihugu byo muri Afrika yo hagati (CEEAC) ndetse n’inama mpuzamahanga yiga ku karere k’ibiyaga bigari (ICGLR). Muriyo nama habaye gushimira Perezida Paul Kagame ndetse na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bashimwe kubera “umuhate wabo mu gushakira akarere igisubizo cy’amakimbirane” ari hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.
N’inama yateranije Iyi miryango ine aho barimo biga kukibazo c’Umutekano muke uri Muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo.
Igihugu c’u Rwanda, mwiyi nama baserukiwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta wari wahagarariye Perezida Paul Kagame.
Mu bandi bayitabiriye harimo Perezida João Lourenço wa Angola, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Ali Bongo Ondimba wa Gabon, Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe na Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya ndetse na Perezida wa RDC Félix Tshisekedi.
Inama kandi yitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Peter Mathuki ndetse n’abandi bayobozi batandukanye.
Kigali na Kinshasa bamaze umwaka urenga barebana ay’ingwe bitewe n’ibirego buri ruhande rushyira ku rundi.
Ni ibirego bishingiye ku mitwe ya M23 na FDLR buri gihugu gishinja ikindi guha ubufasha, mu rwego rwo guhungabanya umutekano.
Iyinama yateraniye i Luanda ku wa Kabiri yongeye kwihanangiriza iyi mitwe yombi, isabwa guhagarika ibikorwa byayo.
Umwanzuro wa karindwi uri mu irenga 20 yafatiwe muri iriya nama uvuga ko abayitabiriye “bahangayikishijwe n’umutekano muke ndetse n’ibikorwa bishyira mu kaga abaturage bikomeje kwiyongera.”
Imitwe ya M23, FDLR na ADF iri mu yashinjwe gutuma ibintu birushaho kuba bibi.
Umwanzuro ukomeza ugira uti: “Ni muri uru rwego dusaba imitwe yose gusubira inyuma nta mananiza, by’umwihariko M23, ADF na FDLR.”
M23 by’umwihariko yanenzwe kuba yaranze kuva mu duce twose yari yarafashe nk’uko yabisabwe n’inama y’abakuru b’ibihugu yateraniye i Luanda mukwezi Kwa 12/ 2022.
Ni mu gihe uyu mutwe umaze igihe utangaza ko wubahirije ibyo wasabwe gukora; ahubwo bagashinja Kinshasa kuba nyirabayazana W’intambara muburasirazuba bw’ikigihugu.
Kuri ubu hari gahunda y’uko abarwanyi b’uyu mutwe bagomba guhurizwa hamwe bakamburwa intwaro mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.