Mu ntangiriro z’iki Cyumweru turimo nibwo Justin Bitakwira yageze Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, aho bivugwa ko yahaje muri misiyo ye kugiti cye, yo gukangurira insoresore za Wazalendo kwanga Abatutsi no kongera kugaba ibitero mu baturage ba Banyamulenge, mu misozi miremire y’Imulenge.
Nk’uko bivugwa, muri uru ruzinduko Justin Bitakwira arimo, ari kubwira insoresore za Wazalendo ko yatumwe na leta, dore ko nubundi jaye aturutse i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Amakuru akavuga ko nyuma y’uko Justin Bitakwira ashakishije ko perezida Félix Tshisekedi yamuha kuyobora minisiteri y’ingabo za RDC, bikarangira atayimuhaye, biri mu bituma akora iyo bwakabaga kugira ngo intambara yubure ku Banyamulenge n’andi moko (Abapfulero, Ababembe n’Abanyindu) bo muri teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira muri Kivu y’Amajy’epfo.
Kur’ubu, uyu mugabo aragenda akoresha ibiganiro hirya no hino mu bice byo muri Uvira na Fizi kugira ngo ashuke imitwe y’itwaje imbunda irimo Maï Maï, ayishukishe amafaranga itangire kugaba ibitero ku Banyamulenge baturiye muri ibyo bice.
Ku wa Kane w’iki Cyumweru turimo, Justin Bitakwira yakoresheje ibiganiro mu mujyi wa Uvira, ndetse na mbere yaho yari yakoresheje ibindi biganiro nabyo bikaba byari byabereye muduce two muri Uvira.
Ibyo Bitakwira arimo biri mu byatumye ku wa Gatatu tariki ya 24/07/2024, Abanyamulenge baturiye ibice byo muri Rurambo mu misozi iri hejuru ya Uvira, bategekwa kutazongera kurema isoko ya Gatatu no kutazongera ku nyura inzira ya Uvira-Rurambo, aho ndetse banabwiwe ko igihe bibeshye bakarema iyo soko ya Gatatu cyangwa ngo banyure inzira ya Rurambo-Uvira, bazahita bicwa.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.