Kuruyu wa Kabiri, habaye ikiganiro kuby’umutekano wa RDC hagati ya Perezida Paul Kagame n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Antony Blinken.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 16/08/2023, saa 10:00Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ejo hashize tariki 15/08/2023, perezida Paul Kagame, yagiranye ikiganiro n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken.
Iki kiganiro abayobozi bombi bagiranye bakoresheje Telefoni ngendanwa, kikaba cyaribanze kubi bazo bivugwa hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Ibiro bikuru bya Minisitiri w’u bubanyi n’Amahanga wa leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yikiganiro cyabayozi bombi , bahise batangaza ko Perezida Kagame na Anthony Blinken bagiranye ikiganiro gitanga umusaruro ku bibazo bigize igihe bivugwa hafi y’umupaka wa Congo Kinshasa n’u Rwanda.
Kuri ubu ibihugu byombi biracyarebana ay’ingwe, kubera ibirego byerekeye umutwe wa M23 Congo idahwema gushinja leta ya Kigali.
Blinken yasabye Perezida Kagame ko u Rwanda na RDC bafata ingamba zigamije guhoshya umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi mu buryo bwa dipolomasi, nk’uko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yabitangaje.
Ikiganiro cy’abayobozi bombi cyabaye nyuma y’iminsi mike Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Victoria Nuland, agiriye uruzinduko i Kinshasa.
Ni uruzinduko rwasize aganiriye na Perezida Félix Antoine Tshisekedi ku bibazo biri hagati y’igihugu cye n’u Rwanda.
Mu mwaka ushize ubwo Antony Blinken yagiriraga uruzinduko rw’akazi i Kigali ndetse n’i Kinshasa, yagaragaje ko yabonye ibimenyetso bishimangira ko u Rwanda ruha ubufasha umutwe wa M23 umaze imyaka hafi ibiri uhanganye n’Igisirikare cya Congo Kinshasa.
U Rwanda ruhakana guha ubufasha uriya mutwe, ahubwo rukagaragaza ko rutewe impungenge n’imikoranire FARDC ifitanye n’umutwe wa FDLR; ibyo rufata nk’imbogamizi ku mutekano warwo.
Leta ya Kigali, imaze igihe yarakajije iby’umutekano ku mupaka wayo na Congo Kinshasa, mu rwego rwo kwirinda ko Ingabo z’iki gihugu na FDLR bagira ibitero bagaba bigamije guhungabanya umutekano w’Abaturarwanda.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.