Umuyobozi w’ishami rya CENI, muri teritware ya Fizi, yatanze uburyo bwo gushaka duplicate mu gihe ikarita y’itora yahanaguwe cangwa iba yatakaye.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, kw’itariki 26/06/2023, saa 2:00pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Nyuma yamezi abiri ashize bahagaritse ibikorwa by’ibarura ryo gufata i Carte ndangamuntu, muri teritware ya Fizi. Umuyobozi wa komisiyo yigenga y’amatora CENI, muriyi teritware ya Fizi, avuga ko yishimiye iki gikorwa uko cakozwe muraka gace maze ahamagarira abamaze gufata aga Carte ndangamuntu, ariko bakaba boba baramaze kugata abasaba ko bokwiyandikisha mbere yuko amatora aba kugira bazabashe gutora.
Ibi yabivuze nyuma yuko haje ibibazo byinshi by’abaturage kubijanye nu ducarte twitora ndetse namakarita yatanzwe na CENI mu gihe cyo kwiyandikisha.
Dukurikije nimero ya 1 y’iyi komisiyo muri teritware ya Fizi, Bwana Adamu Ababele Jean, yishimiye ko 90% by’abaturage kobamaze kwiyandikisha bakaba bamaze kubona uducarite twamatora.
Ati: “Ndanezerewe kuko ibintu byose byamaze kuja kumurongo mwiza. Buri wese arasabwa kuzakora ibisigaye. Kandi mumenye ko CENI itazagera kuri buri wese, ariko ikinyuranye nacyo ni uko 90% by’abantu bateganijwe biyandikishije kandi buri wese afite ikarita ye yamatora.”
Icyakora, yanahamagarira abantu bose kuba bafite amakarita y’itora kubamaze kuzita cangwa zoba zarahanaguwe bisabwe ko bakurikiza inzira zikenewe kugira ngo babone duplicates zatanzwe na antenne ya CENI iherereye muri Fizi-centre.
Ati: “Turabizi ko hari amakarita yamatora zagiye zihabwa abantu bake kuboba barazitaye, cyangwa bazimijwe. Bafite amahirwe rero yo kujya gufata ayandi vuba, kuko azaboneka. Uburyo ku bafite ibyangombwa muri iyi leta ni ukugera kuri polisi gushaka inyandiko, hanyuma ukajya kuri antenne ya CENI bakabona kuguha indi nta kibazo.”
Menya ko ikarita y’itora ari yo yorohereza umuturage guhitamo umukandida yihitiyemo mu gihe cy’amatora. Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, hateganijwe amatora mu mpera z’uyu mwaka.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.