Umunyamuzika akaba n’umuhanzi w’icyamamare muri RDC yacambye ingabo za Kinshasa azihindura zero.
Ni Kofi Olomide wakoze ikiganiro kuri RTNC, televisiyo y’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 09/07/2024, agaruka ku ku ntambara ibera mu Burasirazuba bw’iki gihugu, avuga ko nta ntambara ihabera ko ahubwo ari ugukubitwa gusa bagahindurwa ubusa. Aho yavugaga ku ngabo za RDC ko zineshwa na M23.
Muri iki kiganiro uyu munyamuzika akaba n’umuhanzi ukomeye cyane, muri RDC ndetse no hanze yayo, yagaragaje ko “ubutegetsi bwa Kinshasa bureka abantu bose bakikorera ibyo bashaka, bityo bigasubiza igihugu inyuma.”
Kuri we, ngwasanga nta ntambara ihari muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ngwi gihari n’ugukubitwa gusa.
Yagize ati: “Badukora ibyo bashatse, ntawe ubabuza. Icyo ikora n’ugukubitwa nko gukubitwa inshyi.”
Kofi Olomide ufatwa nk’igihangange gikomeye cyane muri iki gihugu, azwi munjyana ya Rumba , avuga ko byitwa intambara ihanganishije M23 n’ingabo za RDC, atariko muri uko guhangana ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zikubitirwamo kubi.
Nyuma yaje kuvuga kuguhindura minisitiri w’ingabo, yongeraho ko yizeye ko bitazaba umugenzo gusa.
Kofi Olomide atangaje ibi, mu gihe impuguke za LONI ziherutse gusohora raporo nshya, zemeza ko umutwe wa M23 uhanganye n’igisirikare cya leta ya Kinshasa ukomeye kandi ko ukomeje kwigarurira ibice byinshi byo mu Ntara ya Kivu Yaruguru.
MCN.