Umukuru w’igihugu c’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa Mbere, tariki 06/11/2023, yagiranye ikiganiro n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken byibanze ku kibazo cy’umutekano muke wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Nk’uko byavuzwe iki kiganiro cyakozwe hifashijwe telephone ngendanwa.
Ibiro bya Perezidansi y’u Rwanda ku rubuga rwayo rwa X yavuze ko “Perezida Kagame yagiranye ikiganiro bitanga umusaruro cyo kuri telefoni n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken kumutekano muke wo M’uburasirazuba bwa RDC.”
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byunzemo ko Perezida Paul Kagame na Antony Blinken banaganiriye ku gikenewe mu “kugabanya imirwano ndetse n’uko amakimbirane yakemuka biciye mu nzira ya Politiki.”
Abayobozi bombi baganiriye nyuma y’ukwezi kurenga imirwano yubuye hagati y’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba za M23.
Kuri uyu wa Mbere imirwano ikomeye yabereye mu duce two muri Groupement ya Kibumba na Buhumba, muri teritwari ya Nyiragongo iherereye mu majyaruguru y’Umujyi wa Goma, ndetse hari impungenge nyinshi z’uko iyi mirwano ishobora kugera mu Mujyi wa Goma.
Mu gihe imirwano ikomeje kuja imbere M’uburasirazuba bwa RDC, umwuka ni na ko ukomeje kuba mubi hagati ya Leta y’iki gihugu n’u Rwanda gishinja kuba ari rwo ruha ubufasha uriya mutwe.
U Rwanda ku rundi ruhande ntiruhwema kugaragaza impungenge rutewe n’imikoranire y’Ingabo za Leta ya Congo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR umaze igihe ufite gahunda yo kuruhungabanyiriza umutekano.
Perezida Kagame mu kiganiro na Blinken yashimangiye ko u Rwanda rwiteguye gukomeza gushigikira “gahunda ikomeje y’akarere yo kuzana amahoro n’umutekano muri RDC no mu karere.”
Bijyanye n’iyi gahunda RDC imaze igihe isabwa kugirana ibiganiro na M23, gusa iki gihugu cyarahiye ko nta biganiro ibyo ari byo byose giteze kugirana n’uyu mutwe w’inyeshamba wa M23.
Muriyi mirwano yabaye kuri uyu wa Mbere, uriya mutwe wa M23 wirukanye ingabo zirwana k’uruhande rwa leta ya Kinshasa (FDLR, Wagner, FARDC, imbonerakure z’u Burundi na WAZALENDO), babageza Kibati, centre iherereye mubilometre 15 n’u Mujyi wa Goma.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.