Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, kumunsi w’ejo hashize yageze i Kinshasa muri Repubulika ya Democrasi ya Congo, aho yakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Michel Sama Lukonde.
Muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri, hateganyijwe ivugurura ry’amasezerano y’imikoranire hagati y’ibisirikare by’ibihugu byombi yari yarasinywe mu mwaka ushize.
U Burundi busanzwe bufite ingabo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ahanini mu misozi miremire y’Imulenge mu Minembwe na Rurambo. Izi ngabo ziriyo hashingiwe ku masezerano y’ibihugu bibiri, bukagira n’izindi ziri muri Kivu y’Amajyaruguru mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba, EAC.
Uyu Mukuru w’igihugu c’u Burundi, uyoboye umuryango wa EAC, aje igihe Ingabo z’Umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba (EAC) bivugwa ko zizaguma muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’itariki 8/09/2023, igihe manda yabo izaba irangiye.
Uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’inama idasanzwe y’abagaba bakuru b’ingabo zo mu karere yabereye i Nairobi muri Kenya ku wa Kane ushize. Ni ukugirango habanze hashimangirwe ibyagezweho n’izi ngabo mu gihe zihamaze.
Mbere yo kuvugurura manda ya mbere yazo ku itariki ya 8/03/2023, Kinshasa yari yabanje kwinubira inshuro nyinshi izi ngabo z’akarere yashinjaga kutarwanya umutwe wa M23 kandi isaba ko hakorwa isuzuma mbere yo kongererwa manda.
Izi ngabo zo mu karere zoherejwe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri ubu zigizwe n’abasirikare b’u Burundi, Uganda, Kenya na Sudani y’Epfo.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.