President wa Angola, João Lourenço, yavuze ko adatekereza ko intambara hagati y’u Rwanda na DRC iri hafi.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 08.05.2023. Saa 4:20 pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
President João Lourenço, ubwo yakoraga ikiganiro kuri radio France 24, yavuze ko afite icyizere ko ibikorwa bye byokunga Ibihugu bibiri Rwanda na Congo Kinshasa, uku kunga kwe kugamije kugarura amahoro mu karere k’iburasirazuba bwa RDC, kandi ko bizatanga umusaruro.
Lourenço, yasobanuye ko umutwe w’inyeshyamba wa M23 kurubu wahagaritse imirwano kandi ko intambwe ikurikira ari iyo kuzana amahoro no kwambura uyumutwe intwaro bagasubira mubuzima bwa gisivile.
Lourenço, kandi yavuze ko Igihugu cye Angola, cyiteguye kohereza abasirikare 500 muri ako karere kugira ngo bagarure amahoro muburasirazuba bwa RDC. Yashimangiye ko igikenewe ubu ari ukwihutisha inzira yibiganiro agaragaza ko abategetsi ba Congo bagikeneye kwitegura byimazeyo iyo ntambwe.
Yavuze ko President w’u Rwanda, Paul Kagame yagize uruhare mu gutuma abayobozi ba Angola baganira n’ubuyobozi bwa M23. Ku bw’ibyo, yavuze ko ibi byerekana ko Kagame yashishikajwe no gufasha kubishakira igisubizo aho gukurura urugomo, nk’uko abayobozi ba Congo babivuze.
President wa Angola yagaragaje ko ahangayikishijwe cyane n’uko ihohoterwa ryiyongera muri Sudani, asaba ko imirwano ihagarara ndetse no gushakisha byihutirwa igisubizo kirambye. Ku bijyanye n’intambara yo muri Ukraine, aha asa nuwitandukanije na President wa Berezile Lula Da Silva, wavuze ko President wa Ukraine ari we nyirabayazana w’intambara ibera muri Ukraine ndetse na President w’Uburusiya Vladimir Putin.
Yashimangiye ko Angola ihitamo cyane kubungabunga ubusugire bw’ibihugu byose, harimo na Ukraine. Yahamagariye Ubushinwa na Amerika gufatanya mu gushaka igisubizo cy’iyi ntambara, avuga ko ibihugu bibiri bikomeye byonyine bifatanyiriza hamwe bishobora kugera kuri iyo ntambwe.
Ku bijyanye n’umukobwa w’uwahoze ari President Eduardo dos Santos Isabel dos Santos, ushinjwa kunyereza umutungo wa Leta ya Lourenço yavuze ko ntacyo atinya niba ntacyo ahishe.
Yavuze ko Interpol itangazo iheruka gushira hanze yavuze ko ifatwa rye ryatanzwe na Interpol, ariko yanga kuvuga niba bizashyirwa mu bikorwa mu minsi ya vuba.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.