Imyaka icyumi nicenda irashize Abanyamulenge basaba ubutabera kubwicanyi bwakorewe Ababo mu Gatumba ariko bisa nibyanze!
Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 13/08/2023, saa 11:30Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Imiryango y’Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bwo mu Gatumba mu gihugu cy’Uburundi bakomeje gusaba umuryango w’abibumbye ndetse n’ibihugu by’akarere guta muri yombi abakekwaho ubwicanyi bwakorewe Ababo mu Gatumba .
Abarokotse ubu bwicanyi bavuga ko bamaze igihe basaba ubutabera ariko kugeza ubu ubutabera bw’Uburundi bukaba nta muntu n’umwe mu baregwa bwari bwata muri yombi.
Bavuga ko ubutabera butinze kuboneka nyuma y’imyaka myinshi babusaba.
Abanyamulenge barihirya nohino kw’Isi barimo kwibuka ubu bw’icanyi bwakorewe Abanyamulenge bagera 166 biciwe mu Gatumba, bazira uko baremwe n’Imana.
Inkambi ya Gatumba, yari hafi y’umupaka w’u Burundi na Congo.
Abarokotse ubu bwicanyi bavuga ko ubutabera butinze kuboneka nyuma y’imyaka 19 ishize ntakirakorwa ndetse aba Banyamulenge bakaba bakomeje kw’icwa Muburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo, bazira ubwoko bwabo Abatutsi .
Bamwe mu Banyamulenge barokotse ubu bw’icanyi, babwiye Minembwe Capital News, ati : “Twatanze ikirego mu butabera bw’Uburundi ndetse batubwira ko bagiye gufata abigambye buriya bwicanyi. Gusa kugeza ubu nta kintu cyakozwe.”
Abarokotse ubu bwicanyi bwa Gatumba ubu baratatanye hirya no hino kw’Isi. Bamwe bahungiye mu bihugu by’amahanga birimo Amerika, Uburaya abandi baracari mu bihugu by’akarere .
Kuba batarabona ubutabera ngo si uko ibimenyetso bishinja aba biciye bitabonetse, ahubwo ngo ubutegetsi bw’Uburundi ndetse n’Umuryango mpuzamahanga bisa n’ibitaraha agaciro ikibazo cy’aba Banyamulenge.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.