I Arusha muri Tanzania, kuri uyu wa Kane, tariki ya 23/11/2023, hatangijwe i Nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba(EAC).
Imwe mu ngingo ziri kuganirwaho muriyo Nama, ni jyanye no kwihaza mu biribwa ku batuye aka Karere ndetse n’ibijyanye n’ihindagurika ry’ikirere.
Iy’i Nama yitabiriwe na Perezida Samia Hassan wa Tanzania, Wiliam Ruto wa Kenya, Ndayishimiye Evaliste unayoboye akarere muri iki gihe , Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda,Dr Eduard Ngirente.
Hari kandi abahagarariye abakuru b’ibibihugu bya Uganda, Republika ya Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda,Dr Edouard Ngirente yagaragaje ko u Rwanda rwashize imbaraga mu buhinzi butangiza ikirere.
Yagize ati “U Rwanda rwiyemeje gukoresha imbaraga mu buhinzi butangiza ikirere no gutera inkunga akarere mu guhangana n’ingaruka mbi z’imihindagurikire y’ibihe ndetse n’umutekano w’ibiribwa,”
Perezida wa Tanzania wakiriye iy’i Nama we avuga ko igihe kigeza abanyafrika bakishakamo ibisubizo mu guhangana n’ihindagurika ry’ikirere, badategereje inkunga y’amahanga.
Ati ”Abanyafrika dutegereza inkunga zivuye hanze, twarakererewe gutekereza gutyo. Rero igihe kirageze dushyireho uruhare rwacu n’ubutunzi bwacu mu kurengera ibidukikije.”
Perezida wa Kenya,Wiliam Ruto we yagaragaje ko igihugu cye cyashyize imbaraga mu kurengera ibidukikije..
Perezida Ndayishimiye w’UBurundi yagize ati: “Tugomba kuza ku ruhembe no gutanga igisubizo kirambye mu kurengera ibidukikije no kwihaza mu biribwa.”
Iy’i Nama n’iy’iminsi ibiri biteganyijwe ko izaganirwamo n’izindi ngingo zireba akarere harimo nokurebera hamwe u mutekano w’uburasirazuba.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.