I Nakivale mu gihe hasanzwe habarizwa za Mutualite zibiri, iyo ku ruhande rumwe niyo yateguye kw’ibuka abaguye mu Gatumba indi yigira ntibindeba.
Kw’ibuka Abanyamulenge bamaze imyaka 20 biciwe mu Gatumba mu gihugu cy’u Burundi, i Nakivale naho bateguye kuzibuka, aho biri gutegurwa na Mutualite iyobowe na John Musore, nk’uko tubisanga mu ibarua y’ubutumire iy’i Mutualite iheruka gushira hanze.
Byari bizwi ko mu nkambi y’impunzi iri i Nakivale badasanzwe bakora iki gikorwa cyo kw’ibuka Abanyamulenge baguye mu Gatumba, kimweho nta cyari kizwi bashingiraho kugira ngo nti bibuke!
Ariko bamwe mu Banyamulenge baturiye iy’i nkambi ya Nakivale bavuga ko batari bahanguriwe kw’ibuka ariko ko bigeze ku bikora inshuro imwe mu myaka itatu ishize, kandi ndetse ngo bigenda neza kuko n’inzego z’u mutekano za Uganda zababaye hafi, zinabarindira n’umutekano uwo muhango ugenda neza nk’uko babyifuzaga.
Kuri iyi nshuro rero, byongeye gutegurwa nk’uko iriya barua yanditswe n’uhande rwa Mutualite ya Banyamulenge ba Nakivale bayowe na John Musore nawe w’ungirijwe na Bizuru.
Igitangaje urundi ruhande rw’Abanyamulenge bayobowe na Mazeze rwo rusa nk’aho kw’ibuka bitabareba, ndetse bakaba badashaka kwifatanya n’uru ruhande ruri gutegura uku kw’ibuka benewabo baguye mu Gatumba.
Cyokoze iriya barua irarika twavuze haruguru, dusanga harimo ko “yaratumiye” iyi Mutualite iyobowe na Mazeze.
Ariko kandi umwe wo muri iyi Mutualite yigize ntibindeba mubyo gutegura kw’ibuka abaguye mu Gatumba, yabwiye Minembwe Capital News ko batazitabira ukwibuka, kandi ko hari hateguwe n’ibiganiro bizahuza izi Mutualite zombi mu rwego rwo kugira ngo bagire ibyo baganiraho bifashya gutegura uwo muhango, ariko uru ruhande rwanga icyo kiganiro.
Umuhango nyirizina wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba, uzaba tariki ya 13/08/2024. Ibi bikaba bizakorwa hirya no hino ku isi ahatuye Abanyamulenge n’inshuti zabo.
Aho bazibuka Abanyamulenge barenga 165 bishwe ijoro ryo ku wa Kabiri rishira ku wa Gatatu tariki ya 13/08/2004.
Aba biciwe mu Gatumba bazize uko Imana yabaremye, ariko kugeza ubu ubutabera ntacyo burabaza bamwe mu Barundi babyigabye, barimo Pasiteri Habimana wahoze ari umuvugizi wa FNL yari yobowe na Agatho Rwasa icyo gihe.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.