Ni bikubiye mu itangazo ry’ubuyobozi bwa karere ka gisirikare ka 34 aho kamenyesheje abasirikare n’abapolisi kwandikisha imbunda zabo murwego rwo gushakira amahoro n’umutekano aka karere.
Iri tangazo ritangira rivuga ko komanda wa karere ka gisirikare ka 34 na komanda w’ingabo zo muri Task Force, major Gen Elengmbia Dieu Nzambe Gentil amenyesha ibi bikurikira: Abapolisi n’abasirikare basabwa kwandisha imbunda zabo, kandi ko abarebwa n’iri tangazo ari abaherereye i Goma ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Iri tangazo riteweho umukono n’umuvugizi Waka karere ka gisirikare ka 34, bwana Lt Col Guillaume Ndjike Kaiko rinamenyesha abasirikare n’abapolisi ko iki gikorwa cyo kwandikisha imbunda zabo kigomba gukorwa bitarenze amasaha 48.
Iri tangazo kandi rimenyesha ko ibyo kwandisha imbunda z’aba bapolisi n’abasirikare ko biri buze kubera ku cyicyaro cy’u buyobozi bwaka karere ka gisirikare ka 34 .
Ibi bikozwe nyuma yaho umutekano wari ukomeje kurushaho kuzamba, ndetse bikaba byari bigeze ku kigero kiri hejuru cyane, aho abajura biba kandi bakibisha imbunda umunsi ku wundi muri uyu mujyi wa Goma.
Usibye ubujura buri mu biteza umutekano muke muri uyu mujyi wa Goma, n’abasivile bicwa umunsi ku wundi kandi ahanini bikavugwa ko bicwa na Wazalendo ndetse ubundi bikavugwa ko bicwa n’abasirikare ba FARDC.
Ibi by’ubujura n’ubwicanyi bikaba bimaze hafi igihe kingana n’imyaka igiye kuba itatu bivugwa i Goma.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.