Dr Lazare uri mu Banyamulenge bakomeye yafunguwe, gira ibyo umenya ku ifungurwa rye.
Ahagana isaha z’urukerera rwo kuri uy’u wa mbere tariki ya 23/09/2024, nibwo amakuru yifungurwa rya Dr Lazare Sebitereko yatangiye gutangazwa, nyuma y’uko afunguwe ku cyumweru tariki ya 22/09/2024, mu mfungwa zarekuwe na minisitiri w’ubutabera muri RDC, Constant Mutamba.
Dr Lazare yatawe muri yombi tariki ya 29/06/2023, afatiwe Uvira, aho yahise ajanwa gufungirwa i Bukavu, nyuma yoherezwa i Kinshasa, afungwa n’inzego z’ubutasi bwa gisirikare. Mu makuru yatanzwe n’abantu be bahafi icyo gihe, yavugaga ko afunzwe n’abi, kandi ko aho yari afungiwe nta muntu wapfa kuhagera.
Mbere y’uko Lazare atabwa muri yombi, hari raporo y’inzobere za LONI yari iheruka gushyirwa hanze ishinja uy’u mugabo gukangurira insoresore z’Abanyamulenge baba i Nairobi gutera inkunga umutwe wa M23, ndetse kandi ngo agashyishikariza urubyiruko rw’Abanyamulenge kujya muri uwo mutwe.
Iyo raporo yanavugaga ko M23 ko yaba ifite imikoranire yahafi na Twirwaneho, bityo ko Dr Lazare yagize uruhare ku bihuza. Ibyo Dr Lazare yaje kubitera utwatsi akoresheje inyandiko, asobanura ko ubwo yari i Nairobi atigeze agirana ikiganiro n’urubyiruko ko ahubwo yari gusura abavandimwe be baba muri icyo gihugu, agaragaza ko ‘inzobere za LONI zagushijwe mu makosa n’abazihaye amakuru ayobya agamije kwanduza izina rye no gushyira ubuzima bwe mu kaga.’
Rero, ku munsi w’ejo hashize, Repubulika ya demokarasi ya Congo yarekuye imfungwa zirenga 1,600, zari zifungiye muri gereza nkuru ya Makala. Muri izi mfungwa zarimo na Dr Lazare wari umaze igihe kirenga umwaka afunzwe.Iki gikorwa cyo gufungura imfungwa cyari gihagarariwe na minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba aho yatangiye kuzirekura isaha z’igitondo ageza isaha z’ijoro ryo ku cyumweru.
Gereza nkuru ya Makala iri muzifungiyemo imfungwa nyinshi muri RDC, ikaba yarimo izirenga 15,000 mu gihe igenewe kubamo 1,500 gusa, nk’uko byagiye bitangazwa n’imiryango itegamiye kuri Leta.Ubwo Mutamba yarekuraga izi mfungwa yazisabye kwitwara neza, aziburira ko mu gihe zakwitwara nabi, zizagarurwa muri iyi gereza.
Dr Sebitereko uri mu barekuwe, akorera ibikorwa bye muri Kivu y’Amajy’epfo ahitwa mu Minembwe, afatwa n’Abanyamulenge nk’umwe mu bantu bize cyane, kandi bafite ibikorwa bifasha benshi muri ako karere.Ahanini ibikorwa asanzwe akora n’ibijyanye n’amashuri kuko asanzwe afite n’ishuri rya Kaminuza abereye Umuyobozi mukuru ari ryo rya Ebenezer.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.