Umuryango wa nyakwigendera Murwagwa Bonheur Sekunzi wateguye kuza mwibuka.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 08/08/2023, saa 10:20Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Tariki zitanu (5), zukwezi kwa Cyenda (9) uyumwaka, Umuryango wa nyakwigendera Murwagwa Bonheur Sekunzi, bateguye kuza mwibuka, nkuko Minembwe Capital News, yabwiwe aya makuru. Umuhango wo kwibuka Murwagwa Bonheur uzabera i Nairobi, mugihugu ca Kenya ahari umuryango wasizwe na nyakwigendera.
Murwagwa Bonheur Sekunzi, akaba azwi nkimwe mu ntwari za Banyamulenge zakamiye(zatabaye), Abatutsi, mu misozi miremire y’Imulenge mu myaka y’ibihe byiswe ko byabaye bibi kuruta ibindi kurubu bwoko bwa Batutsi bo muri Kivu yamajy’Epfo mu gihugu ca Republika ya Democrasi ya Congo.
Nyakwigendera yatabaye ubwoko bwa Banyamulenge mugihe barimo bicwa bazira ubwoko bwabo. Aba Banyamulenge babaye mubihe bibi biruta ibindi hagati mu mwaka wa 2017,2018 na 2019 kugeza nubu gusa mu mwaka wa 2018 hishwe Abanyamulenge benshi bicigwa mubice bya Matanganika aho bakundaga kuragirira Inka zabo ho muri teritware ya Fizi.
Bwana Sekunzi Muragwa Bonheur, bivugwa ko yatabaye abaturage ba Banyamulenge barimo bicwa ahagana tariki 25/06/2019, akaba yaratabaye ava mugihugu ca Republika ya Kenya. Uyu mugabo yatabaye asanze Col Gakunzi Masabo John, wari warafashe iyambere mukuja kurengera Abanyamulenge barimo bicwa bazira ubwoko bwabo, bakicwa na Mai Mai Bishambuke, Red Tabara ndetse n’indi mitwe ifasha ingabo za FARDC.
Aba bagabo nkuko Minembwe Capital News yahawe ayamakuru nuko bakoze ibishoboka byose maze barwanirira abaturage ba Banyamulenge mubice by’Indondo ya Bijombo, Mibunda ndetse na Minembwe.
Rukara, wabaye muribi bihe yabwiye Minembwe Capital News, ati: “Intambara ya Kagogo, nari kumwe na Runoro Bonheur, yari mubayobozi barimo batuyobora ngo Mai Mai ireke gukomeza kwica Abanyamulenge no kunyaga Inka zabo! Birababaje kumva ngo Bonheur Sekunzi ntakiriho! Ariko ntakundi tu mwifurije iruhuko ridashira.”
Nyuma y’imyaka ibiri Bonheur Sekunzi, arwanirira ubwoko bwa Banyamulenge, yaje gufwatwa kuwa Gatandatu 05/02/2021 arafungwa n’ingabo za FARDC zo muri brigade ya 12, nimugihe yari yerekeje ku Kibuga cyindege cya Minembwe akaba yarashaka kwerekeza mugihugu kirimo umuryango we.
Yaje koherezwa gufungirwa muri Gereza ya Ndolo iherereye i Kinshasa kumurwa mukuru wa Congo. Bonheur Sekunzi, arwarira muri Gereza ya Ndolo aza koherezwa kuvurirwa mu Bitaro bya gisirikare biri ahitwa Nkonkolo arinabyo yaje kwitabiramo Imana.
Gusa bivugwa ko umurambo we waje guhishwa nabamwe mubari bashinzwe kurinda Imbohe. Kugeza kurubu aho umurambo wa Bonheur Sekunzi wa shinguwe umuryango we ukaba utarahamenya.
Umwe wo mu muryango wa Bonheur Sekunzi, yabwiye Minembwe Capital News ko ibyo bintu bikomeje “kubabaza ariko ko bazagerageza kugira ngo Bonheur Sekunzi azaje gushingurwa mu Minembwe.”
Uyu watanze amakuru kuri Minembwe Capital News, yanavuze ko mu kwibuka Bonheur bazashaka nabatanga ubuhamya kurupfu rwiyi ntwari Bonheur Sekunzi Runoro wafunzwe azira Abanyamulenge abarinabyo byaje kumuviramo urupfu.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.