Abishe uwakoraga akazi ku bumotari ku muhanda wa Baraka-Bibogobogo, bamenyekanye.
Ni ku wa Kane tariki ya 19/09/2024, motari Kasongo yishwe arashwe n’abo bikekwa kwari insoresore z’Ababembe, arasirwa mu duce two mu mujyi wa Baraka, nk’uko umuryango we wabigaragaje mu butumwa bw’amajwi washyize ku mbugankoranyambaga.Uwishwe yakoraga akazi ko gutwara abantu n’ibintu, akoresheje imoto. Umuhanda w’itaka wa Baraka-Bibogobogo, niwo yarakunze gukoreramo cyane.
Mu butumwa bw’amajwi, umuryango we washyize hanze, buvuga ko uyu wishwe yari uwo mu bwoko bw’Abapfulero, mu nzu y’Abashimbi; yarazwi ku izina rya Gasongo, mu gihe abo mu misozi ya Bibogobogo ba mwitaga Mzalendo.Ubu butumwa bunavuga ko yiciwe hafi n’ikigo cy’ishuri rya kaminuza riherereye ku muhanda uzamuka uva muri Baraka uja mu Bibogobogo; ugereranyije ni nko muri 500 metero, uvuye muri centre ya Baraka, muri teritware ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.
Umurambo we watowe mu masaha y’umugoroba wo ku wa Kane. Bikavugwa ko yishwe n’Ababembe nyuma y’uko bari bagize iminsi bamwiruka inyuma, aho bamushinjaga gukorera akazi ke ku bumotari mu bice byo muri Bibogobogo bituwe n’Abanyamulenge, bityo akazira ko yaba agirana amabanga akomeye n’aba Banyamulenge.
Ubu butumwa bw’amajwi bugira buti: “Gasongo yamaze kuba Marehemu, yakoreraga akazi ke ku bumotari mu bice byo muri Bibogobogo. Ababembe nibo bamwishe. Bari bagize igihe ba muhiga, ba mu kekera gukorana n’Abanyamulenge.”
Bushimangira bugira buti: “Nta gukeka, Gasongo yishwe n’insoresore z’Ababembe.”Andi makuru umuryango we watangaje muri ubwo butumwa bw’amajwi, n’uko moto ya nyakwigendera yabonetse kuri iyi kaminuza iherereye hafi naho nyakwigendera yaguye, ibonwa n’abandi ba motari bari basanzwe baziranye na Gasongo ariko nyuma iza kuburirwa irengero.
Ibi byatumye i Baraka hongera kuvuka amakimbirane adasanzwe hagati y’Abapfulero n’Ababembe, nyuma y’amezi abiri ashize hari hongeye kuba umwuka mubi hagati y’ay’amoko, ndetse byo biza no kuviramo urugamba rukaze. Uruhande rwa Maï Maï iyobowe na Colonel Ngomanzito w’umupfulero ruhangana bikomeye na Maï Maï iyobowe na Gen Hamuri Yakutumba we uva mu bwoko bw’Ababembe.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.