Ntibikiri ibanga abasirikare b’u Burundi bari bazwiho ko bagiye muri Kivu yamajy’Epfo, kurwanya imitwe yitwaje imbunda isanzwe irwanya leta y’u Burundi, bavuzweho kwambara uniform y’igisirikare ca Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC).
Amakuru dukesha Radio Inzamba Agateka Kawe y’Abarundi baba mu buhungiro aravuga ko tariki ya 08/09/ 2023 ari bwo ingabo z’u Burundi zambitswe iyi myambaro ya FARDC, iyo zari zisanganwe isubizwa mu kigo cya gisirikare cya Gatumba, hafi y’u mupaka wa RDC n’u Burundi.
Iyi radiyo irasobanura kandi ko yahawe amakuru n’abasirikare avuga ko ingabo z’u Burundi mu kigo cya Gatumba zakiriye imbunda ninshi bikekwa ko zaba zaraturutse mu Burusiya, zirimo intoya n’iziremereye, byateganyijwe ko zizoherezwa muri Kivu y’Amajyepfo.
Ntabwo impamvu yo guhindura uniform kw’ingabo z’u Burundi ziramenyekana, gusa hamaze iminsi hahwihwiswa amakuru y’uko igihugu c’u Burundi na RDC byumvikanye kujya bifatanya mu nzego zitandukanye zirimo ubutasi.
Mu minsi yashize kandi hari amakuru yavugaga ko ingabo z’u Burundi ziri muri Kivu y’Amajyepfo zaba zitegura gufasha FARDC kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23. Aya yose ntacyo igisirikare cya FDNB, kirayavugaho.
U Burundi bufite ingabo muri RDC zikora mu buryo bubiri, ari bwo: ubushingiye ku masezerano y’ibihugu byombi n’ubushingiye ku butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba, EAC. Izikorera mu misozi miremire y’Imulenge ndetse na Plaine Dela Ruzizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ntaho zihuriye naziriya za EAC hubwo zo ziri mwitsinda rihuriweho n’ingabo za FARDC maze ziza guhabwa izina rya Task Force.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.