Umunyamabanga Mukuru w’umuryango wa b’Ibumbye yatangaje ko leta y’u Rwanda ko ntaho ihuriye n’umutwe w’inyeshamba wa M23.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 14/08/2023, saa 5:00Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’abibumbye (UN), Antonio Guterres, yatangaje ko ntaho abasirikare b’ingabo z’u Rwanda (RDF) bahuriye n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23. Uyu mutwe w’itwaje Imbunda ukaba urwanira Muburasirazuba bwa RDC, aho uhangana n’ingabo za leta ya Kinshasa .
Ibi Antonio, yabitangaje mugihe hari raporo iheruka gukorwa n’impuguke z’umuryango w’abibumbye, zatumye ibihugu byinshi n’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi byamagana u Rwanda ko rufasha M23.
Muri raporo ya Antonio Guterres, ifite impampuro 15, yemeza ko ingabo z’u Rwanda zitari ku butaka bwa Republika ya Democrasi ya Congo. Kandi ko zitigeze zishigikira uyu mutwe w’inyeshyamba wa M23.
Uyu Munyamabanga Mukuru wa L’ONI, yavuze ko umutwe wa M23, “Wigaruriye uduce twinshi two mu majyaruguru ya Kivu.”
Nk’uko iyi nkuru dukesha Radio RFI, ikomeza ivuga ko, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Antonio Guterres agaragaza impungenge afite zokwiyongera kw’imitwe yo kwirwanaho yashizweho n’Abenegihugu bitwaje imbunda bavuga ko barwana na M23.
Kuri we avuga ko ibi ari ibibazo bikomeje kwiyongera ngo nimugihe iyi mitwe yo kwirwanaho ishobora gukurura umuryane wa Moko aturiye akarere k’iburasirazuba bwa RDC.
Antonio Guterres, yanongeyeho ko ingabo za Monusco zishobora kuva muriki gihugu vuba:
Ati: “Ingabo za Monusco, ziri Mubutumwa bwa mahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zishobora kuva vuba muri Congo mugihe ingabo za RDC zabashe kugarura amahoro mukarere ariko mugihe amahoro ataragaruka kuhava kwazo bishobora kuzatinda cangwa se bigashakirwa izindi ngamba!!”
Twabibutsa ko izi Ngabo za Monusco zimaze imyaka 25 ziri kubutaka bwa Republika ya Democrasi ya Congo.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.