Ayamakuru yateguwe n’a Bruce Bahanda, tariki 10.05.2023. Saa 8:7 pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Nyuma y’aho SADC yemeje kohereza ingabo za yo mu burasirazuba bwa Congo, ibi byatumye Président Félix Tshisekedi, ayiheza icizere cose bikaba byanamaze kumenyekana ko Tshisekedi yamaze guha ingabo za EAC igihe ntarengwa cyo kurwanya M23 cyangwa bitaba ibyo zikava mu gihugu cye.
Président Félix Tshisekedi, akaba yibasiriye izingabo za EAC ndetse n’a Gen Jeffe Nyagah, ibi byagaragariye mukiganiro , Président Félix Tshisekedi, yagiranye nitangaza makuru wunva ga yibasiye igihugu ca Kenya nimugihe yavugaga atunga agatoki uwahoze ari umugaba w’ingabo za EAC.
Ubu haribazwa niba EAC izemera kurebera ko SADC ishoza intambara ishobora kugira ingaruka mukarere kose cyane cyane nk’ikibazo cy’impunzi zishobora kongera guhunga ku bwinshi zigahungira muribi bihugu bya Africa y’iburasirazuba (EAC).
Gusa umuhuzabikorwa wa Sosiyete Sivile ya NSCC, Jonas Tshiombela, yasabye leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo gusobanurira abanyecongo, inshingano zabasirikare bazoherezwa n’a SADC muburasirazuba bwa RDC, dore ko kuruyu wambere tariki 08.05.2023, aribwo byemejwe ko ingabo za SADC zigomba kwinjira muriki gihugu kugishakira Igisubizo kirambye c’umutekano.
Bwana Jonas Tshiombela, yagize ati : “Kuva ho Président Félix Tshisekedi, agiriye icyizere umuryango wa SADC, turizera ko yakuye isomo kuri EAC no ku bisubizo byitezweku ngabo zose ziza ku butaka bwa RDC. Ese isomo ryarizwe? Nibamara kuhagera, manda izaba ibyo bemeranijweho cyangwa izaba ikindi kintu? Ibyo byose, nta makuru tubifiteho, gusa, dukomeje kugira amakenga kandi turabona ko hari ingabo nshya ziyongera ku zisanzwe.”
Yakomeje agira ati : “Turashaka ko manda ya SADC isobanurwa mbere y’uko bagera ku butaka bwa Congo. Ese aba bari basanzwe bo guhuza gahunda zabo z’akazi, uburyo bateganya kwishyira hamwe kugira ngo amahoro agaruke? Ibyo bigomba kumenyekana. Niba atari uko bimeze, abadafite gahunda yogutera ingabo za FARDC mubitugu nibazinge imizigo batahe, baba aba EAC cangwa abo ba SADC niba batazarwanya M23 nibagume iwabo abandi nabo batahe.”
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.