Ibyo wa menya ku migambi iri gucurwa na Justin Bitakwira afatikanije n’abamwe mu bategetsi b’u Burundi.
Bikubiye mu makuru y’ibanga ava mu butasi bw’igisirikare cy’u Burundi, avuga ko mu byumweru bibiri bishize habaye umubonano wahuje depite Justin Bitakwira na Col Ildephonse Habarurema wo mu ngabo z’u Burundi, aho baganiriye ku gushora intambara ku bwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange baturiye u Burasirazuba bwa RDC.
Amakuru yizewe dukesha amasoko yacu atandukanye, yerekana ko umuyobozi w’urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cy’u Burundi, Col Ildephonse Habarurema yagiranye inama rwihishwa n’intumwa za leta ya Kinshasa zirimo bwana Justin Bitakwira, bivugwa ko yari yatumwe na perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Ibi biganiro kandi byitabiriwe na barimo abayobozi bo hejuru bo mu mitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo izwiho kuba abafatanyabikorwa n’Ingabo za FARDC mu rugamba zihanganyemo n’umutwe wa M23. Barimo uwitwa Jules Mulumba umuvugizi wa Nyatura (CMC) na Justin Ndayishimiye umuhuzabikorwa mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR.
Nk’uko aya makuru abivuga, n’uko ibi biganiro byibanze ku nzira yakoreshwa kugira ngo Wazalendo bo muri RDC n’Imbonerakure zo mu Burundi; bakangurire abaturage b’ibihugu byombi ku ntambara iri gutegurwa n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, izahuza Bantu na Nilotique, hagamijwe gushaka abayoboke no guteza imbere ingangabitekerezo y’ubutegetsi bw’Abahutu. Ubutegetsi bwa Kinshasa na Gitega.
Ibi biganiro bikaba byarayobowe na Col Ildephonse Habarurema n’abandi bayobozi bakuru bo mu ngabo z’u Burundi, mu gihe Justin Bitakwira usanzwe ari umudepite ku rwego rw’igihugu muri RDC, yari ayoboye intumwa zaje ziva muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Uyu mugabo Justin Bitakwira azwiho gukoresha imvugo zibiba amacakubiri, aho akunze kwita Abatutsi bo muri RDC ubwoko bubi, ubundi akavuga ko ari ubwoko bw’inzoka. Ibi yagiye abivuga kenshi mu biganiro bitandukanye yagiye akorera Uvira, Baraka n’ahandi.
Col Ildephonse Habarurema nawe ni umuyobozi ukuriye urwego rw’ubutasi mu gisirikare cy’u Burundi, nawe akaba azwiho kwanga cyane Abatutsi bo muri iki gihugu cy’u Burundi.
Byari bisanzwe bizwi ko RDC ishinja umutwe wa M23 kuba uyu mutwe uterwa inkunga n’igihugu cy’u Rwanda, ibyo u Rwanda rwabakanye inshuro nyinshi hubwo rugashinja Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze genocide mu Rwanda. U Burundi bwo bushinja Kigali gufasha umutwe wa Red Tabara, ndetse no kubaha icumbi, ariko u Rwanda rurabihakana, narwo rugashinja u Burundi gukorana na FDLR.
Imyaka igiye kuba itatu u Burundi ari umufatanya bikorwa wa bugufi wa RDC ahanini byagaragaye muri iyi mirwano imaze igihe ihanganishije ingabo za RDC n’umutwe wa M23.
U Burundi bukaba bufite ingabo muri Kivu y’Amajy’epfo na Kivu y’Amajy’epfo.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Ariko habuze intwarinica umutwe wa Bitakwira?