I Nakivale gahunda uko izaba iteye mu kw’ibuka ku nshuro ya 20, Abanyamulenge baguye mu Gatumba, byashizwe hanze.
Ku Banyamulenge baturiye i Nakivale mu Gihugu cya UGANDA umunsi wo kw’ibuka nyirizina bizaba ku wa Kabiri tariki ya 13/08/2024, nk’uko byagarajwe n’ubutumwa bw’amashusho Mutualite iyobowe na John Musore yashize hanze.
Abantu 165 nibo Banyamulenge baguye mu Gatumba mu gihugu cy’u Burundi, bishwe na FNL ya Agatho Rwasa. Muri aba bishwe barimo abagabo bakuru, abato, abasore, inkumi n’abagore. Bapfuye mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishira ku itariki ya 13/08/2004.
Mu kubibuka hibukwa n’abandi Banyamulenge biciwe i Kabera, Gatongo, Kirumba n’ahandi. Aba bose bishwe mu bihe bitandukanye kandi bicwaga bazira ubwoko bwabo bw’Abanyamulenge (Tutsi).
Mu gihe ku Isi hose Abanyamulenge n’inshuti zabo bazibuka abo Banyamulenge bishwe bazira ubwoko bwabo, i Nakivale mu Gihugu cya Repubulika ya Uganda gahunda uko izaba iteye yashizwe hanze aho uwo muhango uzaba uyobowe na Reverend Joseph Mwumvirwa mu gihe Bishop Lewis Muhoza azaba ari umuvugabutumwa ukomeye muri uwo muhango.
Ubu butumwa bw’amashusho bunagaragaza ko Nyanduhura we azaba ari umutangabuhamya, dore ko ari mubarokotse ubwo bwicanyi bwabaye mu Gatumba, naho bwana Boniface Mubembe akazaba ari we MC mu gihe Muforomyi azaba ari umuganga ubikurikiranira hafi mu rwego rwo kwita kubuzima bwabazitabira uwo muhango.
Abandi bazahabwa ijambo muri uyu muhango, hari Alexis Mutebutsi uzava i Mbarara ndetse na Musore John perezida wa Mutualite Banyamulenge Nakivale ari nawe uhagarariye uyu muhango wose.
Sibyo byonyine bizakorwa kuko hazerekanwa na Filime igaragaza uburyo Abanyamulenge baguye mu Gatumba bishwe, ni mu gihe bamwe batemaguwe abandi batwikirwa mu mazu ndetse abandi bararaswa. Ikindi kandi hazacanwa na Bouji nk’urumuri rwejo hazaza ku Banyamulenge basizwe.
Tubibutsa ko uyu muhango wo kw’ibuka Abanyamulenge baguye mu Gatumba muri Nakivale, uzabera ku itorero rya New Jerusalem ryo kwa Reverend Joseph Mwumvirwa, iryahoze ryitwa Daystar.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.