Nyuma y’uko Abanyamulenge, batakiye leta ya Kinshasa, ba bereka umutekano wabo uburyo ubangamiwe na Wazalendo, bayobowe n’uwitwa Colonel Lamu, bikarangira leta ibisuzuguye, bahisemo guhunga ku Bwegera, muri Grupema ya ka Kamba, Chefferie ya Plaine Dela Ruzizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, berekeza Kamanyola, muri teritware ya Walungu, abandi bagana iy’amahanga.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 23/12/2023, n’ibwo bya menyekana ko abaturage ba Banyamulenge, bo mu bwoko bw’Abatutsi, bahunze k’ubwinshi bava ku Bwegera.
Ibi byemezwa na bamwe mu baturage bamaze kugera Kamanyola. Rukara Fidel, ya bwiye Minembwe Capital News, icyatumye abaturage ba Banyamulenge, bahunga akarere ka Bwegera.
Ati: “Kuva mu mpera z’u mwaka w’ 2023, ku Bwegera, Abanyamulenge, twahagiriye ibyago byinshi. Ahanini Maï Maï, yakomeje kudushimuta, uwo idashimuse ikamwica. Muri uyu mwaka wo nyine hashimuswe abantu 9, abapfuye barenga 10 kandi bakicwa na Wazalendo.”
Mu makuru dukesha abaturage bahunze hariya ku Bwegera, bavuze ko Mutualite, ya Banyamulenge, ku Bwegera, yagerageje gutakira Ingabo za RDC, ziri muri Luvunge, Uvira, na Bukavu, ariko banga kubumva. Mubyo batakiraga leta kwari ukubereka iyicarubozo bicwa na Wazalendo.
Ati: “Ntako tutagize ngo twereke leta akarengane kacyu ariko byabaye iby’ubusa. Twageze ku basirikare bari mu Luvunge, Uvira na Bukavu, ariko byabaye iby’ubusa.”
Ibi biri mu byatumye bafata iy’ubungiro bamwe bakaba berekeje Kamanyola, Bukavu na Nyangezi ndetse abandi bambutse imipaka.
Gusa ku Bwegera, byavuzwe ko hoba hasigaye by’ibuze ingo zitarenze 10 ariko ko nabo bashobora kurara bahunze, nk’uko iy’inkuru tuyikesha bamwe mu baturage bahunze.
Abanyamulenge, bakimara guhunga ku Bwegera, Ingabo za FARDC, ziri mu Luvunge, bahise bohereza abasirikare benshi muri kariya gace.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.