Imodoka 30 zitwaye abasirikare b’u Burundi n’aba FARDC zanyuze ku Bwegera, muri Grupema ya ka Kamba, Chefferie ya Plaine Dela Ruzizi, teritware ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, zigana muri Kivu y’Amajyaruguru.
Bya vuzwe ko ziriya Modoka zitwaye abasirikare, zanyuze ku Bwegera, igihe c’isaha z’igicamunsi cyokuri uyu wa, Gatatu, tariki 13/12/2023, zavaga i b’Uvira na Bujumbura, mu gihugu c’u Burundi.
Umwe mu baturage bazibonye ya bwiye Minembwe Capital News, ati: “N’imodoka niboneye ubwanjye zari zuzuye abasirikare b’u Burundi n’aba FARDC.”
“Zanyuze Umuhanda wose uva Uvira zerekeje i Bukavu zizakomereza i Goma. N’i b’imodoka binini byo mu bwoko bwa Tata.”
Muri ibi bihe byo kw’iyamamaza kwa bakandida biyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, perezida Félix Tshisekedi, yagiye y’umvikana yigamba ko agiye gushiraho iherezo ku ntambara ikomeje kubica bigacika mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ibi yabivuze i Goma no mu bice bya Kivu y’Amajy’epfo.
Mbere y’uko perezida Félix Tshisekedi, agera i Makobola na Uvira, ku wa Gatandatu, tariki 09/12/2023, bya vuzwe ko yabanjye kuja i Bujumbura ku bonana na perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye. Bikaba byaravuzwe ko perezida Félix Tshisekedi yasabye mugenzi we ingabo zo kumurinda muri ibi bihe by’amatora ndetse n’izindi zo kumufasha kurwanya M23.
Muntangiriro ziki Cyumweru, n’ibwo byamenyekanye ko leta ya Kinshasa, yategetse ko brigade yari i Beni ivanwayo ikoherezwa mu bice byo muri Kivu y’Amajyaruguru birimo imirwano ya M23 n’ingabo za RDC.
Ibi byanabaye mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, aho Ingabo ninshi zavanwe muri Grupema ya Bijombo, zoherezwa i Goma, kurwanya M23. Bariya basirikare ba FARDC, bakomeje koherezwa muri Kivu y’Amajyaruguru, kurwanya M23 ahanini benshi muribo bagwiriyemo abavuga ururimi rw’Ikinyarwanda.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.