Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 19/08/2023, saa 12:10pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ingabo za Uganda (UPDF), zatangaje ko zimaze kwivugana ibyihebe bigera mu 548 byo mu mutwe w’iterabwoba wa ADF kwari byo bamaze kwicira muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Ni nyuma y’imyaka hafi ibiri hatangiye ibitero byiswe “Operation Shujaa” izi Ngabo za Uganda z’ifatanyije n’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) bagaba ku birindiro bitandukanye bya ADF, muri za teritwari ya Béni na Ituri.
Imibare itangwa n’Igisirikare cya Uganda yerekana ko kuva mu kwezi kwa Cyuminakabiri, umwaka wa 2021 ibyihebe 548 bya UPDF ari byo bimaze kwicwa, ibindi 50 byafashwe mpiri na ho 31 birayamanika.
Umuyobozi wa Diviziyo y’Ingabo za Uganda zirwanira mu misozi miremire akanaba umuyobozi wa Operation Shujaa, Major Gen Dick Olum, yanerekanye umurundo w’Ibikoresho bya gisirikare byafatiwe muri biriya bikorwa byo guhiga ADF.
Ibi birimo imbunda zizwi nka SMG (machine guns) 142, umunani zo mu bwoko bwa PMK Machine guns, ibisasu 60 byo mu bwoko bwa millimeters mortar, impuzankano za gisirikare 111 military, za batteries 10 ndetse n’imigozi 45 ya radiyo.
Major Gen Olum yavuze ko ziriya ntwaro zafashwe ari ikimenyetso cy’uko ADF ishinjwa kugaba ibitero muri Uganda na Congo mu gihe cya vuba izaba yamaze kurandurwa burundu.
Ati: “ADF mu gihe cya vuba izinjira mu bitabo by’amateka. Twagabanyije ubushobozi bwayo bwo gushoza intambara, twagabanyije umubare w’abakozi bayo, uw’intwaro zabo; ikindi morali yabo iri hasi.”
Uyu musirikare yavuze ko intwaro UPDF yerekanye ari iziri mu biganza byayo, kuko hari izindi zifitwe n’Igisirikare cya Congo.
Yunzemo ko usibye ibyihebe byishwe, hari n’abantu 156 biganjemo abagore n’abana byari byarashimuse babohowe kurubu bakaba bidegembya.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.