Umutekano wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru wakajijwe, nyuma y’uko ufungiwe amayira yose ayihuza na za teritware za Masisi, Nyiragongo na Rutsuru.
Ni ingabo z’u muryango w’iterambere w’ibihugu by’Afrika y’Amajy’epfo, SADC na Monusco boherejwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu buryo bwo kuhashakira umutekano no gufasha igisirikare cya leta ya Kinshasa ku rwanya umutwe wa M23, barushijeho gushiraho ubundi burinzi bukaze ubwo bavuga ko buzarushaho gukingira u Mujyi wa Goma, ntuje mu maboko ya M23.
Biri mu byatangajwe n’umuvugizi w’Ingabo z’u muryango w’Abibumbye, MONUSCO, Lt Col. Kadegni Menshi, avuga ko ihungabana ry’u mutekano ku muhanda wa 2 muri Kivu y’Amajyaruguru rya tumye Monusco nayo ikaza ibirindiro byayo by’imbere.
Ati: “Twarushijeho gukaza umutekano, nta bwo M23 izafata u Mujyi wa Goma.”
Hagaragajwe n’amashusho yafashwe tariki ya 18/02/2024 yerekana a basirikare ba SADC na Monusco barimo gucukura indake mu marembo y’u Mujyi wa Goma.
Ubwo uyu muvugizi w’ingabo z’u muryango w’Abibumbye yaganiraga na Radio okapi yanasabye ko abantu bakwiye kwirinda ibihuha bi bashinja gukorana na M23.
Ati: “Twumva hari abakwirakwiza ibihuha, bavuga ko Monusco ikorana na M23, oya sibyo! Turi aha kuhashakira umutekano, none twakorana gute na bahungabanya umutekano!”
Mu Cyumweru gishize imirwano yari kaze hagati ya M23 n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, n’abafatanya bikorwa babo aribo FDLR, abacancuro, Wazalendo, ingabo z’u Burundi na SADC.
Ni imirwano bya vuzwe ko yashize u Mujyi wa Goma mu kangaratete, ni mugihe uyu Mujyi watandukanijwe n’ibice birimo i Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, ndetse n’ibice birimo Sake n’ahandi.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.