Menya iby’ibiganiro bigiye guhuza perezida Paul Kagame na Tshisekedi mu Bufaransa.
Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa afite umushinga wo kumvikanisha u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo ku kibazo cy’intambara ibera mu Burasirazuba bw’igihugu cya RDC cyane cyane mu ntara ya Kivu Yaruguru.
Ni amakuru yashyizwe hanze n’ibiro ntara makuru by’Abafaransa, AFP, aho byatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki ya 04/10/2024, Emmanuel Macron aza kwakira mu biro bye perezida Félix Tshisekedi wa RDC mu gihe ku wa Gatandatu tariki ya 05/10/2024, azakira umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame. Aba bombi bakaba bamaze kugera i Paris mu Bufaransa mu nama ya 19 y’abakuru b’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (Francophonie).
Nk’uko ibi biro ntara makuru by’Abafaransa, AFP, byabitangaje n’uko Emmanuel Macron aza gushishikariza aba bakuru b’ibihugu byombi kwihutira kugera ku masezerano y’amahoro nk’uko bitegekanyijwe mu mishyikirano y’i Luanda muri Angola.
Ahagana mu ntangiriro z’u kwezi kwa Karindwi gushyize uyu mwaka, impande zombi zumvikanye ko imirwano ihagarara. Ariko aya masezerano, kimwe n’andi menshi yayabanjirije, ntiyubahirijwe kubera ko RDC igikorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda mu 1994.
Kimwe cyo RDC ivuga ko “mbere yabyose u Rwanda rugomba kubanza kuvana abasirikare barwo ku butaka bwayo nta yandi mananiza,” mu gihe iki gihugu cy’u Rwanda gitera utwatsi ibyo rushinjwa, rukavuga ko nta ngabo rufite muri RDC.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.