Amagambo ya Justin Bitakwira Bihona wigezeho kuba Ministre w’amajyambere muri RDC akomeje kubiba amacakubiri kumbuga nkoranya mbaga aho yagize ati : “Uganda, u Rwanda na Kenya ni inyoni zo mu bwoko bumwe.”
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 03/07/2023, saa 3:05pm, Kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Umunya Politiki Justin Bitakwira, uziwiho kubiba urwango mumoko aturiye Kivu yamajy’Epfo, akabazwiho kandi kuba um’ujanama mukuru wa Mai Mai iyobowe na YaKutumba William amagambo aheruka gutangaza agaragaza agashomborotso ndetse n’urwango yanga Abatutsi.
Aho aheruka gutangaza ko Intambara ibera muburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo, idashobora kumarwa n’ingabo za EAC.
Yagize ati : “Uganda, u Rwanda na Kenya ni inyoni zo mu bwoko bumwe,” yavuze anenga ingabo za karere ka EAC zoherejwe mubutumwa bwo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo.
Bitakwira ukomoka muntara ya Kivu yamajy’Epfo, agaragaza ko Uganda na Kenya, bidashobora gushakira amahoro arambye uburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo, ngo kuberako ibi bihugu byombi arinshuti n’igihugu c’u Rwanda.
Amagambo ya Justin Bitakwira, namagambo akaze agaragaza agashomborotso ndetse n’urwango yaba yibitseho aho yavugaga ko ibyo bihugu ari inyoni zo mu bwoko bumwe kandi ko nta na kimwe gishobora guhemukira ikindi.
Ati: “Perezida wa Uganda Museveni yavukiye mu Rwanda. Afite aho ahurira n’iki gihugu c’u Rwanda, utekereza ko ashobora kurwanya abasirikare b’u Rwanda bateye igihugu cyacu? Ikindi Perezida wa Kenya uriho ubu William Ruto, ni Umututsi. Urunva ko aribintu bikaze. Bose ni inyoni zomubwoko bumwe. Mbabwije ukuri ko Uganda, Rwanda n’a Kenya bitazigera bigeza kubanyeCongo amahoro.”
Ibi yabivuze mugihe kandi harabaturage ndetse n’a bamwe mubari muri Guverinema ya Kinshasa banenga ingabo za EAC, aho bavuga ko batemera imirimo yakozwe n’izo ngabo kuva zoherezwa mu turere dutandukanye muburasirazuba bw’iki gihugu.
Kuri bo, ingabo za EAC zatsinzwe mu nshingano zazo kandi ko inzira imwe rukumbi yaba nziza ko buri wese yasubira mu gihugu akomokamo maze akava mu kurengera ubusugire bw’ubutaka bw’igihugu mu ngabo za Congo.
Twabibutsa ko Bitakwira, ari mubantu baheruka gufatirwa ibihano nubumwe bw’Uburaya azira ko akunze gukoresha amagambo abiba inzangano muntara ya Kivu yamajy’Epfo, kuri none akaba yatandukiriye akarere kose ka EAC.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.