Nyuma yaje kugenerwa igihembo cy’ikirenga cy’abaharaniye amahoro bakanagira umwete wo kwitangira abandi mu Buhinde, kizwi nka Ashok Chakra.
Neerja yari amaze umwaka umwe akorera iyo sosiyete kuko ubusanzwe yakoraga ibijyanye n’imideli ndetse ngo kuri uyu munsi byashobokaga ko yarokora amagara ye ariko ahitamo kwitangira abandi ubwo yitambikaga amasasu yari arashwe ku bana batatu.
Gahunda y’ibi byihebe kwari ugushimuta indege ya Boeing 747 yari itwaye abo bagenzi, ikajyanwa muri Chypres cyangwa muri Israel ahari abandi bo mutwe umwe n’uw’ibyo byihebe, icyakora uyu mugambi ntiwabasha gukunda kuko abapilote bari babashije gutoroka baciye iy’ubusamo.
Nyuma y’amasaha ane ni bwo izi ndwanyi z’umutwe wa Abu Nidal Organisation (ANO) zatangiye gushaka uko zagenda zivangura Abanyamerika mu bandi bagenzi bitewe n’uko zitari zishyigikiye politiki ya Amerika na Israel.
Icyo gihe abakozi bo mu ndege batangiye kugenda begeranya za Passports z’abagenzi ariko bakagerageza guhisha iz’Abanyamerika kuko bari bazi ibigiye kubabaho ku buryo bamwe mu bagenzi barokotse uwo munsi barimo uwitwa Mike Thexton wavuze ko igikorwa aba bakozi bo mu ndege bakoze cyaranzwe n’ubuhanga ndetse no kutikunda ngo birebeho ubwabo.
Inkuru ya The Mirror igaragaza ko iki gikorwa cy’ubutwari Neerja yakigaragaje akiri muto ku myaka 22, afatanyije na bagenzi be na bo bari mu kigero cy’imyaka 20, ubwo ku wa 5 /09/1986, indege Pan Am Flight 73 yakoragamo yashimutwaga n’ibyihebe nyuma yo kugwa umwanya muto ahitwa Karachi muri Pakistan mu rugendo rwavaga i Mumbai mu Buhinde rwerekeza i New York muri Leta Zunze ubumwe za Amerika.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.