Perezida wa RDC Félix Tshisekedi aravugwa ho guhuriza hamwe abarwanya leta ya Kigali mugihugu cye.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 12.06.2023, saa 4:17pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Abatavuga rumwe nubutegetsi bwa Kigali bo mu bihugu bitandukanye byo hirya no hino ku Isi, barateganya guhurira mu nama izabera muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Muruku kwezi gushize ni bwo byatangajwe ko aba barwanya leta ya Kigali bari batangaje ko bateganya guhurira muri kimwe mu bihugu bigize umugabane wa Afrika bikavugwa ko bazahura mu kwezi gutaha kwa karindwi(7).
Ni nyuma y’iyabereye i Washington DC mu kwezi gushize yahuje abarwanya leta ya Kigali bari biganjemo abasanzwe baba mu bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada.
Aba barimo Gasana Eugène yahoze ahagarariye u Rwanda muri Loni umaze igihe yarahunze ubutegetsi bwa Kigali, Charles Kambanda, Jean Paul Turayishimye wahoze ari Umuvugizi w’umutwe wa RNC n’abandi batandukanye.
Itangazo aba biyita ko bahuriye mu rugaga ruharanira ineza y’Abanyarwanda basohoye nyuma yo guhura ku wa 20.05.2023, rivuga ko icyari cyabahuje ari “guhuza amajwi hanyuma bagasaba Perezida Paul Kagame gufungura urubuga rwa Politiki ku banyarwanda bose kugira ngo bagire uruhare mu rugendo rwa Politiki y’igihugu cyabo.”
Kuri iyi nshuro aba barwanya ubutegetsi bwa Kigali bagiye guhurira muri Congo, mu gihe hashize umwaka iki gihugu kirebana ay’ingwe na leta ya Kigali.
Umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi wadutse nyuma y’igihe inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zirimo zihangana n’ingabo za Congo Kinshas(Fardc).
Kinshasa ishinja Kigali guha ubufasha uyu mutwe, ibyo u Rwanda ruhakana ahubwo rukayishinja gukorana n’umutwe wa FDLR umaze imyaka hafi 30 ufite umugambi wo kuruhungabanyiriza umutekano.
Perezida Félix Antoine Tshisekedi na we ubwe yigeze gutangaza ko ashyigikiye umugambi wo kuvanaho ubutegetsi bwa Perezida Paul Kagame yakunze kugaragaza nk’umwanzi ruharwa w’igihugu cye.
Umukuru w’igihugu cya RDC bwana Félix Tshisekedi mu mwaka ushize yabwiye urubyiruko rwo mu gihugu cye ko “Abanyarwanda n’Abanyarwandakazi ni abavandimwe na bashiki bacu. Mbere na mbere bakeneye ubufasha bwacu kugira ngo bibohore. Ntaho bahuriye n’ibyo abayobozi babo babashyiraho. Ntimukabafate rero nk’abanzi, ahubwo ni abavandimwe bakeneye ubufatanye bwacu mu kwikiza no gukiza Afrika abo bayobozi babasubiza inyuma.”
Hari amakuru avuga ko Tshisekedi we ubwe yemeye guha abarwanya leta ya Kigali indege yo kubazana muri RDC ndetse n’aho gukorera inama batekanye.
Mu gihe RDC yaba yakiriye iriya nama, byitezwe ko umubano wayo n’u Rwanda ushobora gukomeza kuba mubi.
Mu bo byitezwe ko bagomba kuyitabira harimo Eugène Gasana mu kwezi gushize wakiriwe i Kinshasa na Perezida Tshisekedi.
Kugeza ubu ntiharamenyekana ibyo aba bombi baganiriye; gusa bitekerezwa ko uriya wahoze ari umudipolomate w’u Rwanda yari muri gahunda yo gutegura iriya nama.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.