Abasesengura bakurikirana politike ya Rdc bemeza ko umutwe wa M23 ushobora kuzisanga mu nyungu mu gihe ibintu byakomeza kuyangara muri leta y’iki gihugu, kuko isaha n’isaha umuriro ushobora kwaka.
Naho uwahoze ari President Joseph Kabila, yatangiye kugerwa amajanja ashinjwa gukorana n’u butegetsi bwa Kigali.
Nimugihe aherutse koherereza intumwa zirimo President Paul Kagame n’abandi bakuru b’ibihugu bomu karere ,aho yagarutse ku ngingo zikomeye zireba igihugu cye n’ahazaza ha Repubulika ya Demukarasi ya Congo, akaba ashinja uwamutsimbuye gukoresha igitugu.
Kuruyu wa Kane ( 4) ho, byavuzwe ko urugo rwa Moise Katumbi rwasatswe nabashinzwe Iperereza ( ANR), bakaba basatse urugo ruherereye mu gace ka Ngaliema i Kinshasa, nk’uko byemejwe n’umunyamategeko we.
Umwe mu bantu ba hafi ya Katumbi yabwiye itangazamakuru ryo muri Congo ko ubwo urugo rw’uyu munyapolitiki rwasakwaga atari ahari.
Hakaba hibazwa niba umukino uri gukinwa utazahitana bamwe mu bakinnyi cyangwa ugasiga iki gihugu gicitsemo ibice, hakaba habaho Repubulika ya Katanga cyangwa iya Kivu.
Naho Ihuriro rya LAMUKA rihuriwemo n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, rirashinja ubutegetsi bwa Kinshasa kugambirira gushora igihugu mu muriro n’amaraso.
Ni ibyatangajwe na Matthieu Kalele kuri ubu uyoboye ririya huriro ribarizwamo umunyapolitiki Martin Fayulu.
Abadepite bo mu ishyaka UPDS rya Tshisekedi muri iki cyumweru batoye umushinga w’itegeko ryemera ko ibyicaro byamatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, aya ba Guverineri b’intara, ay’abayobozi b’imijyi, ab’ama komine ndetse n’ab’inzego z’ibanze.
Ni itegeko ryamaganiwe kure na Opozisiyo, ikavuga ko rigamije gufasha ubutegetsi buriho kugundira ubuyobozi.
Iri huriro ryasabye amahanga kotsa igitutu Komisiyo y’amatora (CENI) kugira ngo amatora ateganyijwe muri RDC mu mezi atandatu ari imbere azabe mu mucyo.
Ryunzemo riti: “LAMUKA ifashe uyu mwanya ngo yibutse abanyagihugu ndetse n’amahanga ko intego ya president Tshisekedi ari ugukomeza guteza ibibazo mu nzego z’ubuyobozi mu rwego rwo gushora Igihugu mu mvururu no kudatera imbere kuva cyabona ubwigenge.”
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.