Komisiyo y’igihugu muri Republika ya Democrasi ya Congo, ishinzwe amatora, CENI, yarangije ibikorwa byo kubarura abazatora, ibi bikorwa byarangiye mu cyumweru gishize, nkuko babitangarije itangaza amakuru.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 05.05.2023. Saa 7:45 am, Kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Abahagarariye Komisiyo yamatora muri Republika ya Democrasi ya Congo, basoje ibikorwa byo kubarura bikaba byararangiye mucyumweru gishize. Gusa bavuga ko haraho bitabashe gukorwa neza nkuko byakabaye.
Abahagarariye Komisiyo yamatora mu mujyi muto wa Sake, uherereye mu birometero 27 mu burengerazuba bwa Goma, ho muri Kivu yamajy’Epfo abaturage babarirwa mu magana bo muri ako gace ntibagize amahirwe yo kwitabira ibarura nkuko byatangajwe.
Umwe yagize ati ubwo yaganira ga na MCN, “Ndi impunzi i Kitshanga, nabonye ubuhungiro hano muri Sake ariko no muri Kitshanga ntabwo twanditswe na komisiyo ihagarariye ibarura, mugace twahungiyemo ntitwabonye indangamuntu y’amatora none twasubiye mu rugo ariko ntitwiyandikishije na gato.”
Naho Justine Fikiri, nawe wo muri ako gace akaba nawe yarahunze intambara yahuzaga ingabo za leta ya Kinshasa nizo mumutwe wa M23.
Yagize ati: “Imashini zibarura zimaze kugera hano, mu buryo butunguranye intambara yahise yubura aho narintuye mugace ka Sake, twahise duhunga turatatana, nyuma yo kugaruka hano batubwiye ko imashini zose zibwe.”
Umudepite wo muri ako gace mubagize Inteko ishinga amategeko mu karere ka Rutshuru Byiringiro Sabini, yagaragaje ko ibarura ritigeze rigenda neza Muburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo, ngo kubera intambara.
Sabini yavuze ko leta yemeye gukora ibarura muri Rutshuru na Masisi, ariko yibagigwa kugarura umutekano kugira ngo buri muturage abashe gukora ibarura yisanzuye.
Muri teritware ya Rutshuru, Masisi na Nyiragongo ni teritware zakunze kubamo intambara guhera mumpera zumwaka wa 2021, ubwo intambara zuburaga hagati yihuriro ry’ingabo za leta ya Kinshasa ninyeshamba zo mumutwe wa M23.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.