Leta ya Kigali yanyomoje ibirego yashinjwaga n’u butegetsi bwa perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi byo kugira uruhare mu iterwa ry’ibisasu mu mujyi wa Bujumbura.
Ni bikubiye mu butumwa u Rwanda rwatanze rubiknyujije mu itangazo basohoye ku gicamunsi cyo kuri uyu wo ku Cyumweru, tariki ya 12/05/2024.
Ubu butumwa u Rwanda rwatanze rubinyujije mu itangazo rugaragaza ko ntaho ruhuriye n’ibyo bitero, maze rusobanura ko ahubwo u Burundi gushinja u Rwanda ibyo bitero ari amayeri ya leta y’icyo gihugu yo kuyobya uburari ku bibazo bikomeye biri muri icyo gihugu.
Ibisasu byo mu bwoko bwa grenade byatewe i Bujumbura, ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 10/05/2024, aho byarasiwe mu duce dutandukanye two mu mujyi rwagati wa Bujumbura.
Nyuma leta y’iki gihugu yahise ibitangaza yemeza iki gitero; inasobanuro ko ibyo bisasu ko byakomerekeje abantu bagera ku 38.
Muri aba bantu 38 bakomeretse 5 nibo bakomeretse bikabije, nk’uko leta ya bivuze, ko kandi abakomeretse bahise bajanwa kuvurirwa mu bitaro byaho hafi.
Ibi bisobanuro bikomeza bishimangira ko leta y’u Burundi yataye muri yombi abarinyuma y’ubwo bugizi bwa nabi ko kandi batumwe na Red Tabara binyuze kuri leta y’u Rwanda itoza aba barwanyi ba Red Tabara.
Ibyo nibyo u Rwanda rwamaganye, hubwo rubyita amayeri akomeye u Burundi buri gukoresha ku bibazo biri imbere muri icyo gihugu.
Ibyo bibaye mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi nabo bakomeje kuvuga ko leta y’iki gihugu ariyo iri nyuma y’ibisasu bikomeje kuraswa i Bujumbura; bavuga ko leta iri gukora ibyo mu rwego rwo kurangaza amahanga, kubera ubukene iki gihugu gifite.
Ku rundi ruhande umutwe wa Red Tabara ushinjwa na leta y’u Burundi kugaba ibyo bitero wamaganye u Burundi, hubwo ushinja iki gihugu kurangaza Abanyagihugu.
Biri mu itangazo uwo mutwe waraye ushize hanze mu ijoro ryakeye rishira kuri uyu wo ku Cyumweru.
Iryo tangazo rivuga riti: “Red Tabara irahakana yivuye inyuma ibyo leta y’u Burundi iyishinja kugira uruhare mu iterwa ry’ibisasu. Nta munsi n’umwe umutwe wa Red Tabara uzigera ubangamira inzira karengane z’abasivile.”
Iri tangazo risoza rivuga riti: “Ubutegetsi bw’u Burundi bwari bukwiye kwitaho ibibazo bikomeye bibangamiye iki gihugu, aho kwitoza gusamaza Abanyagihugu.”
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.