Usibye mu Minembwe na Bibogobogo, ahandi henshi muri RDC, Amatora ya none kw’itariki 20/12/2023, yaranzwe n’imvururu zirimo imirwano.
Muri teritware ya i Djwi, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, ubwo barimo batora abashigiye Guverineri Theo Ngwbije Kasi, n’abashigikiye uwiyamamariza ubudepite k’urwego rw’i Gihugu, bwana Hakili, barwanye intambara yasize abaturage benshi bakomeretse. Gusa Polisi n’Abasirikare baje guhagarika iyo mirwano. Ubundi kandi kw’i Djwi, gufungura ibikorwa by’amatora, habaye ho gukererwa ahanini cyane kubiro by’itora biri ahitwa Mugote, kuko ho batangiye igihe c’isaha za saatanu n’igice(11h30).
Umuturage waho yabwiye Minembwe Capital News, ati: “Buguruye ibikorwa by’amatora saa tanu hano kw’i Djwi. Twabwiwe ko impamvu aruko Mashini zari zabuze. Ariko ubu bari gutora n’ubwo habaye kurwana hagati ya bashigikiye Guverineri Theo Ngwbije Kasi, n’abashigikiye Depite Hakili.”
Mu Mujyi wa Bukavu ho, haranzwe no gukoresha ruswa ku bapolisi n’abashakaga gutora bihuse, ariko m’ubundi buryo bisa nibyagenze neza nk’uko abari i Kadutu ba bibwiye MCN.
I b’Uvira, haranzwe n’urusaku rw’inshi ariko rutarimo imbunda. Gusa ibice byinshi byo muri teritware ya Uvira, habaye ubukererwe bw’ibikoresho by’ifashishwa mu matora, nka Rurambo, bagejeje igihe c’isaha za saakenda(3h30), z’igicamunsi nta mashini n’imwe iragera ku biro by’itora. Kuva k’umugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki 19/12/2023, bya vuzwe ko ibikoresho imodoka yabizanye ibikuye Uvira, igeze ku Bwegera ikora i mpanuka. Biriya bikoresho byaje kugezwa Rurambo, mu mwanya muto ushize igihe c’isaha za saakumi (4h) z’u mugoroba.
Muri teritware ya Fizi, nka Baraka, Minembwe na Bibogobogo, habaye ubukererwe ndetse no kwibura kwamazina yabamwe mubari biteguye gutora. Gusa abatoye, batoye mwituze, ahanini mu Minembwe na Bibogobogo. Ahandi batoye mwituze ni mu Mikenke, homuri teritwari ya Mwenga.
Dukubitiye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ku bijanye n’amatora muri iy’i Ntara haranzwe n’imvururu mu matora nka hitwa Buyovu, ubundi kandi abaturage benshi bivumbuye bataha kubera ko bageze aho batorera basanga ntabikoresho bihari nka Kanyarucinya no mu Mujyi rwagati wa Goma. Naho nko muri teritwari ya Nyiragongo, ahenshi abaturage basabye leta kubaha umutekano mbere y’uko bakora amatora.
Muzindi Ntara nka Kisangani na Ituri, haranzwe n’imvururu zirimo imirwano ikaze, aho ndetse na Bunia homuri Ituri, abakozi ba CENI, birukanwe, ibikoresho byabo biratwikwa ibindi biramenwa.
Mu Mujyi wa Kisangani ho haranzwe n’urusaku rw’inshi rw’imbunda.
Ku murwa mukuru w’igihugu ca RDC, i Kinshasa, naho haranzwe n’ubukererwe, bw’i bikoresho by’ifashishwa mu matora.
Ibi byanemejwe n’u mukandida ku mwanya w’u mukuru w’igihugu, nimero 21, Martin Fayulu, aho yagize ati: “Natoreye i Kinshasa, ariko ntacyizere cyaya matora kuko arimo ubukererwe bwinshi.”
Tu bibutsa ko Amatora yahawe iminsi itatu kubera ubukererwe bw’ibikoresho by’ifashishwa mu matora byagiye bigezwa ahabigenewe bitinze ndetse kugeza ubu hamwe biriya bikoresho ntibirahagezwa.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.