Prigozhin, yahoze ari umucuruzi byahiriye ndetse bivugwa ko yakuye umutungo we mu bucuruzi bwa restaurant na hotel, ahimbwa “umutetsi wa Putin” kuko Putin amaze igihe kinini arira muri restaurant ze.
Evgeny Prigozhin, ni we watangije Ikigo cyigenga cya gisirikare cya Wagner Private Military Company mu mwaka wa 2014.
Nubwo Wagner Group yashinzwe mu 2014, ikanatangirira ibikorwa byayo mu gace ka Donbass ko muri Ukraine, Prigozhin ntabwo yari yarigeze atangaza uruhare rwe muri uyu mutwe kugeza ubwo yabyemezaga umwaka ushize ko ariwe wa wushinze.
Umubare munini w’abasirikare bakorera Wagner ni Abarusiya ariko hari n’abandi ikura mu bihugu bitandukanye nka Syria, Libya, Sudani n’ibindi.
Bivugwa ko Leta y’u Burusiya ikoresha Wagner Group mu kubungabunga inyungu z’u Burusiya mu mahanga, kubera ko byoroshye guhakana uruhare rwa Leta mu bikorwa by’uyu mutwe.
Ibi ni ukubera ko mu busanzwe Itegeko Nshinga ry’u Burusiya ritemera imitwe yigenga ya gisirikare nka Wagner. Bisobanuye ko nubwo habaho imikoranire, byakorwa mu bwiru.
Ibi byumvikana ko hari amayeri ahambaye akoreshwa kugira ngo uyu mutwe ukusanye abacanshuro imbere no hanze y’igihugu.
Abawurimo bivugwa ko bahembwa hagati ya 2.650 $ ndetse ko bagenerwa n’ibindi bihembo by’udushimwe.
Abayobozi bakuru bo bahabwa amafaranga akubye inshuro zitatu ahabwa abasirikare basanzwe. Uyu mushahara uruta uwo abari mu gisirikare cya leta bahembwa.
Abarwanyi ba Wagner bazwi nk’Abacanshuro, bamaze gukorera ibikorwa bya gisirikare mu bihugu bya Afrika ndetse no muri Syria, aho bivugwa ko barwanye bikomeye n’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka wa 2018.
Uretse kuba muri Syrie na Ukraine, Wagner ifite ibirindiro mu bihugu bitandukanye bya Afrika nka Centrafrique.
Izi ngabo kandi zagaragaye muri Mali, Sudani, Madagascar na Libya aho barwanaga ku ruhande rwa Gen. Khalifa Haftar.
Bikekwa ko Leta z’ibi bihugu ziha ba nyiri Wagner amasoko yo gucukura amabuye y’agaciro maze na bo bakayicungira umutekano.
Afatanyije n’abarwanyi be, bakoze imirwano ikomeye mu Mujyi wa Artyomovsk (uzwi nka Bakhmut muri Ukraine]. Prigozhin yagiye ashinja Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya kudakora ibikwiye mu gukemura ikibazo kiri hagati y’u Burusiya na Ukraine, akaba ariniyo mpamvu bishingirwaho bakavuga ko yaba yishwe na Perezida Vradimir Putin.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.