Kuruyu wa gatanu President Félix Tshisekedi, yanenze abifuza ko igihugu cye cyava mumuryango wa Afrika y’iburasirazuba(EAC).
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 13.05.2023, saa 12:45 pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Kuvaho Ibihugu bihuriye mumuryango wa SADC(Umuryango wubukungu bwibihugu bigize Afrika y’Epfo), bemezanije kohereza ingabo zabo Muburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo, muburyo bwogutera ingabo mubitugu ingabo za leta ya Kinshasa kurwanya umutwe wa M23, urwanira uburenganzira bwabo nababo.
Ibi byatumye benshi mubaturage ba Congo Kinshasa, barimo nabanya politike bavuga rikijana muriki gihugu, gusaba President Félix Antoine Tshisekedi, ko igihugu cyabo cyakwikura mumuryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC).
Mumakuru dukesha RFI, avuga ko President Félix Tshisekedi, yabwiye abamusaba kuva muri uyu muryango wa EAC, ko bitakunda kuwikuramo aho yagize ati: “DRC kwinjira mumuryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC), byaje ari gisubizo cyibyari bigize igihe, iki gihugu cyarabuze, uyu muryango urimo ubutunzi bujanye nubucuruzi kurubwo rero kuwikuramo bisa nokwigiza nkana.”
Byavuzwe ko kandi ubwo President Félix Tshisekedi, yajaga mugihugu cya Boswana, abanyecongo baba murico gihugu, ubwo yabahezaga umubonano bamusabye ko igihugu cyabo cyakwikura mumuryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC), ahanaho bikemezwa ko igisubizo Tshisekedi yabahaye cyari ukubabwira ko bitakunda.
Gusa President Félix Tshisekedi, aheruka kunenga ingabo zuyu muryango wa Afrika y’iburasirazuba(EACRF), ziri mubutumwa bwamahoro Muburasirazuba bwa RDC. Aho yavuze ko iz’ingabo arintaco zifashije igihugu cye maze anazisaba kurwanya umutwe wa M23, bitaba ibyo bagasubira mubihugu baje bavamo bitarenze ukwezi kwa 6.
Ibyo President Félix Antoine Tshisekedi, avuga bihabanye n’ibyo uyumuryango wa Afrika y’iburasirazuba, uvuga nimugihe bo bemeza ko Uburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo bwabonye agahenge kuvaho ingabo zuyu muryango wa EAC zihagereye ndetse ko n’intambara yari hagati y’ingabo za leta ya Kinshasa na M23, yahagaze muraka gace Kandi ko umutwe wa M23 wagiye wikura mubice wari warambuye ingabo za FARDC, ibi bikemezwa numunyamabanga mukuru wuyu muryango wa Afrika y’iburasirazuba.
Kuva kw’ingabo za M23 mubice wari wari warigaruriye biri mubyo kubahiriza amasezerano ya Luanda na Nairobi, kubwo gushakisha amahoro numutekano mwiza muburasirazuba bw’ikigihugu.
Kurubu Muburasirazuba bwa RDC, haravugwa ibikorwa byurugomo birimo kwibasira abaturage bo mubwoko bw’Abatutsi, ubu bugizi bwanabi bukorwa nimitwe yitwaje Intwaro ikorana byahafi n’ingabo za leta ya Kinshasa, muriyo mitwe ikora amabi hari FDLR, Nyatura ndetse na Wazalendo.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.