Perezida Evaliste Ndayishimiye, yavuze ko leta ya Kinshasa kwariyo igomba gufata iyambere mu kurwanya M23 ingabo za karere nazo zikaboneraho kubafasha.
Perezida w’u Burundi akaba n’Umuyobozi Mukuru w’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC), Evariste Ndayishimiye, yamenyesheje ubutegetsi bwa Guverinoma ya Kinshasa ko ari bwo bukwiye gufata iya mbere mu kurwanya imitwe y’inyeshyamba ihungabanya umutekano w’igihugu, nyuma ngo ingabo za karere nazo zikaboneraho kubafasha.
Ibi perezida w’u Burundi, yabitangaje kumunsi w’ejo hashize tariki 28.08.2023 ubwo yaganirizaga n’abanyamakuru i Kinshasa ni muruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga i Kinshasa kumurwa Mukuru w’igihugu ca RDC.
Abajijwe ku ruhare rw’ingabo za EAC mu kurwanya imitwe y’inyeshyamba ihungabanya umutekano wo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa, Perezida Ndayishimiye yasubije ko ubutegetsi ari bwo bukwiye gutera intambwe ya mbere.
Ati: “Inshingano ya mbere ya Guverinema ni ukurinda abaturage n’ibyabo no gushakisha abanyabyaha no kubacira urubanza.”
Ndayishimiye yakomeje ati: “Ni yo mpamvu akarere kohereje ingabo kugira ngo zishyigikire uruhare rwa Leta n’Abanyekongo kugira ngo haboneke amahoro. Ntabwo ari akarere kazajya imbere, akarere karabaherekeza kandi ntikigeze kanyuranya n’ibyemezo bya Leta byo kurinda abaturage no gushakisha abanyabyaha no kubacira urubanza.”
Uyu Mukuru w’igihugu c’u Burundi akaba na Perezida w’umuryango w’Afrika y’uburasirazuba (EAC) yibukije ko uyu muryango wasabye imitwe yitwaje intwaro kubahiriza uburyo bw’amahoro bwashyizweho. Ngo nikomeza kumena amaraso y’Abanyekongo, Leta ya RDC “ifite inshingano mpuzamahanga yo kurinda abaturage. Mbese akarere kaza gufasha Leta mu gushyira mu bikorwa iyo nshingano.”
Ndayishimiye yasobanuye ko imitwe yitwaje intwaro izafatwa nk’iy’abanyabyaha ari izanga kubahiriza uburyo bw’amahoro bwashyizweho burimo guhagarika imirwano no kurambika intwaro. Ikomoka mu mahanga na yo ngo igomba kwirukanwa na Leta ya RDC, ibifashijwemo n’ingabo za EAC.
Avuze ibi nyuma y’aho Perezida wa RDC yongeye kunenga ingabo za EAC, asobanura ko zitigeze zirwanya umutwe witwaje intwaro wa M23, ahubwo zikaba zaramaze kwakira ko zigomba kubana n’abarwanyi bawo, kandi ngo waranze kubahiriza ibyemezo by’akarere.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.