Papa Francis uri mu ruzinduko muri Congo, yagaragaje agahinda atewe n’ingaruka ziri kuba kuri bamwe mu Banyekongo bo muri Eastern ya Congo, ati “amarira yanyu, ni yo yanjye, agahinda kanyu ni ko kanjye.”
Papa Francis yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 01.02.2023, nyuma yo kumva ubuhamya bwa bamwe mu Banyekongo Congo.
Papa Francis yavuze ko yifatanyije n’aba bakomeje kugirwaho ingaruka n’ibi bikorwa, ati “Amarira yanyu, ni yo yanjye, agahinda kanyu ni ko kanjye.”
Yakomeje agira ati “Kuri buri muryango uri mu bubabare cangwa wavanywe mu bye bitewe no gutwikirwa inzu ndetse n’ibindi byaha by’intambara, abafashwe ku ngufu, ku mwana wese cangwa umuntu mukuru wakomeretse, namubwira nti ‘nifatanyije na mwe, ndabahumurizanya impuhwe z’Imana’.”
Yakomeje avuga ku bikorwa by’ihohoterwa bikorerwa Abanyekongo bo mu bice bya Bunia, Beni-Butembo, Goma, Masisi, Rutshuru, Bukavu na Uvira, bidakunze kuvugwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga, avuga ko ibi bice bisa n’ibyafashe bugwate n’Ibihugu by’ibihangange, bikaba birimo imitwe yitwaje intwaro ifite imbaraga ikomeje guteza umutekano muke.
Yanagarutse ku bujura bw’imitungo kamere yibwa muri Congo, kandi ko ibi bikorwa na byo hari benshi bahaburira ubuzima.
Ubwo President Felix Tchisekedi yahaga ikaze Papa Francis ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 31.01.2023, yamutakiye amubwira ko Igihugu ce kizwiho ubugwaneza no kwakira neza abantu, ariko ko cakunze kuzahazwa n’ibibazo by’umutekano muke byatejwe n’Ibihugu birimo ibituranye na Congo.
Muri ubu butumwa bwa Tchisekedi wongeye no kuvuga ku Rwanda, yavuze ko hari n’Ibihugu by’ibihangange bigira uruhare muri ibi bibazo by’umutekano muke uri muri Eastern yiki gihugu, ingingo atakunze kuvuga nyamara na yo iri mu bifatwa nk’iza ku isonga mu muzi w’ibibazo biri muri Eastern ya Congo.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.