Monusco ngoyaba Igiye kuva muri RDC, nkuko bivugwa na Bintou Keita na Patrick Muyaya ariko hakaba haribigikenewe ko itunganya.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, kw’itariki 20.06.2023, saa 7:40Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
“Kugenda kwa MONUSCO nibyo iragenda ariko dukwiye kugenda mubwunvikane kandi mu mahoro. Ntushobora kuzuza misiyo mu munsi umwe gusa.” Ibi bikaba byavuzwe na Bintou Keita, uhagarariye umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye muri Republika ya Demokarasi ya Congo
Umuyobozi wa Monusco, Bintou Keita, kuruyu wa mbere tariki 19.06.2023, yakoze i kiganiro n’abanyamakuru muriki kiganiro kandi cyabayemo Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru, Patrick Muyaya.
Umuyobozi wa MONUSCO yibukije ko kugira ngo MONUSCO ikurwe mu nshingano barimo muri RDC hagomba kubanza kugaragazwa umubare wabagize inzego z’umutekano za RDC, mubice byose birimo abimuwe mu gihugu barinzwe na Monusco.
Nk’uko Bintou Keita abitangaza ngo kugenda kwa MONUSCO bikwiye gushingira ku miterere y’ibihe byingenzi byagezweho muri gahunda y’okugarura amahoro muri RDC ihuriyeho na Guverinoma ya Republika ya Demokarasi ya Congo.
kugabanya cyane iterabwoba rifitanye isano n’imitwe yitwaje intwaro bitewe nuburyo bwuzuye ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ya P-DDRCS imitunganyirize y’amatora yizewe, mu mucyo, mu mahoro yakozwe mu gihe ntarengwa cy’itegeko nshinga. Yagize ati: “Ntidushobora gushyiraho itariki yokugenda Kwa Monusco.”
Patrick Muyaya we abitangaza ko “Guverinoma yemeye icyifuzo cy’abaturage cyo kuvana MONUSCO muri RDC, ariko avuga ko ibi bigomba gukorwa mu buryo buteganijwe, kandi bufite gahunda.”
Yavuze ko kubyerekeye kuvana ingabo za Monusco kubutaka bwa RDC, badashobora gushyiraho itariki, kubera ko haribintu byinshi bitateganijwe kandi bidashoboka.
Muyaya ati: “MONUSCO ikomeje kunyura munzira zose kugira ngo mu karere amahoro agaruke cyane muburasirazuba bwa RDC, bityo rero, hari ibihumbi by’abaturage bakuwe mubyabo, Ibi bagomba gusiga babishakiye umuti.”
Kuri Bintou Keita, uruhare rwa MONUSCO mu nzira y’amahoro ya Nairobi arifuza ko basiga bayishakiye umuti. Hakubiyemo kandi ubuhanga bwa Monusco mu gusezerera no kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro ndetse no kurengera abana nabadamu bakunze guhohoterwa.
Yongeyeho ko MONUSCO ishishikajwe no kubaha amasezerano ya Luanda na Nairobi.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.