Kuruyu wagatanu tariki 12.05.2023, President w’Uburusiya, Vladmir Putin na mugenzi we wo muri Afrika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, bemezanije amazezerano yogukomezanya umubano hagati y’ibihugu byombi muburyo ubwaribwo bwose.
Ibi bije mu gihe leta Zunze Ubumwe Z’America, z’ishinja leta ya Afrika y’Epfo, gutera inkunga ingabo z’u Burusiya muntambara ya Ukraine.
Ari i Pretoria ku wa kane, Ambasaderi Brigety yavuze ko Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika, zihangayikishijwe n’ibyo leta ya Afrika y’Epfo ivuga yuko nta ruhande igihugu cyabo kibogamiyeho, kuntambara ya Ukraine.
Yanavuze Kandi ubwato butwara imizigo bwambukiye ku cyambu cya Simon’s Town, ubu bwato bwari ubwagisirikare kirwanira mu mazi cy’Afrika y’Epfo, hagati y’itariki ya 6 n’iya 8 , ukwezi kwa 12, mumwaka wa 2022.
Amerika igahamya ko ubwo bwato bwari butwaye imbunda namasasu ubwo bwajaga mu Burusiya.
Bikavugwa ko ubwo bwato, bwitwa Lady R, b icyo gihe ndetse bituma abanyapolitiki bamwe bo muri Afrika y’Epfo babyibazaho.
Ambasaderi Brigety yakomeje avuga ati: “Guha intwaro Abarusiya birakaze cyane, kandi ntidufata ko iki kibazo cyapfa gukemuka”.
Nyuma y’ibi birego, leta y’Afrika y’Epfo yatangaje ko yashizeho akanama kigenga ko gukora iperereza kayobowe n’umucamanza uri mu kiruhuko cy’izabukuru, nkuko byavuzwe n’umuvugizi w’ibiro bya President CYIRIL RAMAPHOSA.
Amerika imaze igihe inenga Afrika y’Epfo ku kuba ikomeje kugirana umubano mwiza n’Uburusiya.
Amerika ivuga ko izamagana “igihugu icyo ari cyo cyose gitangiye gufasha intambara inyuranyije n’amategeko kandi y’ubugome y’Uburusiya muri Ukraine”, ariko ntiyavuze niba hari ingaruka zizabaho kuri Afrika y’Epfo ibiyivugwaho nibigaragara ko ari ukuri.
Amerika yanavuze ko ihangayikishijwe no kuba Afrika y’Epfo yaritabiriye imyitozo ya gisirikare hamwe n’Uburusiya n’Ubushinwa mu gihe habaga isabukuru y’umwaka umwe wari ushize Uburusiya butangiye igitero kuri Ukraine.
Iyo myitozo y’igisirikare kirwanira mu mazi yamaze iminsi 10.
Abategetsi bo muri Afrika y’Epfo bahakanye ko igihe iyo myitozo yabereye cyari kigamije ubushotoranyi kuko cyahuriranye n’isabukuru y’umwaka umwe y’icyo gitero. Bavuze ko iki gihugu gifite akamenyero ko gukorana imyitozo ya gisirikare nk’iyo n’ibindi bihugu, birimo nk’Ubufaransa n’Amerika.
Mbere, Afrika y’Epfo yarifashe mu itora ryo mu muryango w’abibumbye ONU ryo kwamagana icyo gitero. Yananze kwifatanya n’Amerika n’Uburayi mu gufatira ibihano Uburusiya.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.