Ni amakuru yatangajwe n’ubuyobozi bw’ikigo OVG gishinzwe kugenzura ibirunga muri Repubulika ya demokarasi ya Congo aho bwemeje ko iki kirunga cyarutse kandi ko kiri kurukira mu ishyamba riherereye muri iki kirunga.
Abaturage baturiye uduce two muri teritware ya Masisi na Rutshuru mu Burasirazuba bwa RDC, bavuze ko iki kirunga cyatangiye kuruka mu ijoro ryo ku itariki ya 12/10/2024.
Aba baturage banasobanuye ko impamvu itsinda rya kiriya kigo gishinzwe kugenzura ibirunga kitabitangarije ku gihe, ngo ni uko abakozi bacyo bari bamaze iminsi mu myigaragabyo kubera kudahembwa. Ariko na none umuyobozi mukuru wa OVG ku munsi w’ejo hashize yatangarije ibinyamakuru ko iki kirunga cyatangiye kuruka.
Uyu muyobozi yanagaragarije itangazamakuru ko iki kirunga cya Nyamuragira ko kiruka, ibyo kirutse bigatembera mu majyaruguru y’iburengerazuba bw’iki kirunga hamwe no mu Burengerazuba bw’amajyepfo.
Avuga ko amafoto y’icyogajuru agaragaza ko inzira 5 zirimo kunyuramo igikoma gusohoka mu birunga kigatemba kimaze kugenda ibirometero birindwi.
Yagize ati: “Kuva tariki ya 13/10/2024 ahagana mu masaha kumi z’umugoroba, kuri Nyamuragira hagaragaye ibirimi by’u muriro byinshi hejuru y’ikirunga biterwa n’iruka ry’ikirunga.”
Iki kirunga cya Nyamuragira cyaherukaga kuruka mu kwezi kwa Cumi umwaka w’ 2023, ariko iruka ry’iki kirunga ntitigira ingaruka nyinshi ku baturage kubera kiruka mu ishyamba. Bitandukanye cyane n’ikirunga byegeranye cya Nyiragongo giheruka kuruka mu kwezi kwa Gatanu mu mwaka w’ 2021 gihitana abantu 32 ndetse gisenya amazu mu nzira zanyuzemo igikoma.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.