Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 06/08/2023, saa 10:00Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ejo hashize kuwa Gatandatu, tariki 05/08/2023, Umuryango w’Abibumbye wafunze ibiro by’ishami ryawo rishinzwe Agateka kazina muntu. Ibi biro bya koreraga kumurwa mukuru wa Uganda i Kampala.
Ibi byabaye nyuma y’uko habaye ubwumvikane buke hagati ya Guverinoma ya Uganda n’ubuyobozi bw’iri shami rishinzwe Agateka kazina Muntu.
Komiseri mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu, Volker Turk, kuwa gatanu w’iki cyumweru turimo gusoza nibwo yatangaje ko ibiro by’iri shami i Kampala bizahagarika imirimo yabo, kuruyu wa Gatandatu w’ejo hashize nyuma y’uko leta ya Uganda yanze kongera amasezerano yo gukomeza gukorera muri iki gihugu.
Turk avuga ko yicujije kuba byafunzwe nyuma y’imyaka 18, avuga ko mu gihe cy’ibikorwa byabyo, ibiro “Byashoboye gukorana bya hafi n’imiryango itegamiye kuri Leta, abantu b’ingeri zinyuranye muri Uganda, ndetse binakorana n’inzego za Leta hagamijwe kuzamura no kurengera Agateka kazina Muntu kubatuye Uganda bose.”
Yahamagariye Guverinoma ya Uganda kurengera abaharanira Agateka kazina Muntu n’abanyamakuru bo muri iki gihugu cya Afrika y’iburasirazuba, agaragaza impungenge z’uko imiryango 54 mu yitegamiye kuri Leta yahagaritswe n’abayobozi mu myaka ibiri ishize itarasubukura ibikorwa.
Turk kandi yerekanye ko nta nkunga yatanzwe na Kampala muri komisiyo ishinzwe Agateka kazina Muntu muri Uganda kandi asaba guverinoma gutanga ibikoresho bihagije kugira ngo ikore neza.
Ati: “Umufatanyabikorwa wacu umaze igihe kinini mu kurengera no guteza imbere Agateka kazina Muntu mu gihugu aterwa inkunga idahagije ndetse nta bakozi bahagije, kandi amakuru avugwa yo kwivanga kw’abanyapolitiki mu nshingano zayo bibangamira ubuzimagatozi, ubwigenge no kutabogama.”
Ibi byose bibaye mu gihe Uganda ikomeje kuregwa kubangamira uburenganzira bwa muntu, cyane cyane ku banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi n’ababashyigikiye. Ibi byiyongera ku cyemezo cya Guverinoma ya Uganda cyo kutihanganira abaryamana bahuje igitsina nacyo cyazanye igitotsi gikomeye mu mubano wa Uganda n’uburengerazuba.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.